Nyuma yaho urusaku rw’amasasu rucecekeye mu mugi wa Goma muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, DRCONGO, abakongomani ba mbere nasubiye iwabo.
Ababimburiye abandi muri icyo gikorwa cyo gutahuka bari kuva mu mujyi wa Rubavu uhana imbibi na DRCONGO, bakirwa n’abasirikare ba M23 bagenzura umupaka wa Goma.
Abahungiye mu Rwanda bari bavuye mu bice bya Birere mu Mujyi wa Goma, Majengo, Mabanga na Ndosho, bavugaga ko bahunga amasasu menshi arimo kuvugira aho batuye baza mu Rwanda aho bizera ko batekanye.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukurarinda yabwiye Mamaurwagasabo TV ko impunzi zishaka gutaha zemerewe gutaha kandi zatangiye gutaha.
Yagize ati “Hari abagera ku ijana bamaze kubisaba kandi ntitwabangira kuko bafite amakuru ko iwabo bimeze neza.”
Abarimu gutaha baravuga ko icyizere cy’umutekano bagishingira ku makuru n’ubuhamya bahabwa na bagenzi babo basigaye i Goma, babizeza ko kuva imbunda zacecekeshwa nta mutekano muke barongera guhura nawo mu ngo zabo no mu mugi.
Yanditse na Samuel Mutungirehe


















