Thursday . 16 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more
  • 26 March » VIBE yahanze imirimo igera ku bihumbi 43,000 ku rubyiruko rwo mu Rwanda – read more

Hatangiye gushyingurwa abiciwe mu gitero cyabereye i Bondi muri Australia

Wednesday 17 December 2025
    Yasomwe na

Hatangiye ibikorwa byo gushyingura abishwe mu gitero cyo kurasa abantu cyabereye ku mucanga wa Bondi Beach muri Sydney, aho ibihumbi by’abantu bateraniye hamwe mu gusezera Rabbi Eli Schlanger, umwe mu bishwe.

Rabbi Schlanger yari umwe mu bantu 15 bishwe ubwo abagabo babiri barasaga imbaga y’abantu bari bitabiriye umunsi mukuru wa Hanukkah, umunsi wawo wa mbere. Minisitiri w’Intebe wa Ositaraliya yatangaje ko abagabye icyo gitero bisa n’aho batumwe n’umutwe w’iterabwoba wa Islamic State (IS).

Rabbi Schlanger, wari uzwi cyane nka “Rabbi wa Bondi”, yibukirwa ku ruhare rwe mu itegurwa ryu muhango Hanukkah. Yavukiye mu Bwongereza, kandi umugore we yari amaze amezi abiri gusa abyaye umwana wabo wa gatanu.

Rabbi Levi Wolff wafunguye umuhango wo ku mushyingura, yavuze ko urupfu rwe ari “igihombo kidashobora gusobanurwa” ku muryango mugari w’Abayahudi, ku rusengero rwa Chabad of Bondi, no ku Bayahudi bose muri rusange.

Sebukwe wa Rabbi Schlanger, Rabbi Yehoram Ulman, yavuze ko yari umuntu ukunzwe cyane n’abaturage. Rabbi Ulman yashishikarije Abayahudi kutihisha no kudacika intege nyuma y’iki gitero. Yatangaje ko ku Cyumweru nijoro, ku munsi wa nyuma wa Hanukkah, bazakomeza umuco umaze imyaka 31 wo gucana buji ya nyuma ku mucanga wa Bondi Beach.

Abandi bashyingurwa harimo Rabbi Yaakov Levitan na we yashyinguwe kuri uyu wa Gatatu nyuma ya saa sita. Matilda w’imyaka 10, wari muto kurusha abandi bose bishwe, azashyingurwa ku wa Kane.

Abayobozi bakuru barimo uyobora abatavuga rumwe na Leta Sussan Ley, Guverineri wa NSW Chris Minns, uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Scott Morrison, n’Ambasaderi wa Israel Amir Maimon bitabiriye gushyingura Rabbi Schlanger

Ishimwe Honore

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru