Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump yatangaje ko igihugu ayoboye kigiye kohereza intwaro z’ubwirinzi kuri Ukraine, zirimo na Missile za Patriots mu kuyifasha guhangana n’ibitero by’uburusiya bikomeje gukaza umurego.
Ku ruhande rw’abanya-ukraine ni amakuru meza bishimiye ari nacyo bamaze igihe basaba Perezida Trump kubafasha muri iyi ntambara aboherereza ibikoresho by’intambara.
Amakuru avuga ko Amerika izanohereza intwaro zo kugaba ibitero muri Ukraine mu rwego rwo guhagarika aumuvuduko w’uburusiya cyane cyane mu bice bya Donbass, ahamaze imyaka itatu habera imirwano.
Perezida Trump yongeye kumvikana anenga bikomeye perezida Putin, avuga ko ku manywa agananira neza ariko byagera ku mugoroba akarasa buri wese, binashimangirwa na Vitaliy Shevshenko umenyereye mu gusesengura politiki yo mu burasirazuba bw’uburayi.
Mu cyumweru gishize Perezida wa Ukraine Volodmr Zelensky yatangaje ko Amerika yongeye gusubukura gahunda yo kohereza intwaro muri Ukraine nyuma yaho Uburusiya bukomeje gukaza ibitero byo mu kirere muri Ukraine.
Kuri uyu wa mbere kandi intumwa y’Amerika muri Ukraine yamaze kugera i Kiev yakirwa bikomeye n’umujyanama wa Zelensky mu rwego rwo kwishimira ubwo bufasha bushya bushobora guhindura umujyo w’intambara imaze imyaka 3.
























