Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

ICYATEYE IMPANUKA Y’INDEGE (ETHIOPIAN AIRLINES BOEING MAX 737) CYATANGIYE KUMENYEKANA

Monday 1 April 2019
    Yasomwe na

By imfurayabo Pierre Romeo
Amakuru yatangiye kumenyekana y’ibihe bya nyuma by’indege ya kompanyi ya Ethiopian Airlines yo muri Ethiopia yakoze impanuka mu byumweru bitatu bishize.

Uburyo bubuza indege guhagarara hamwe bw’iyi ndege yo mu bwoko bwa Boeing 737 Max, buvugwa ko ari bwo bwabaye intandaro y’iyo mpanuka yaguyemo abantu 157 bose bari bayirimo.

Iyi ndege yakoze impanuka imaze iminota 6 gusa ihagurutse ku kibuga cy’indege
Iyo ndege yari imaze amezi ane gusa ikora, yavaga mu murwa mukuru Addis-Abeba wa Ethiopia yerekeza i Nairobi mu murwa mukuru wa Kenya. Nyuma gato yaho iyo ndege ihagurukiye, igeze ku butumburuke bwa metero 137 hejuru y’ubutaka, izuru ryayo ryatangiye kureba hasi.

Nkuko bitangazwa n’ikinyamakuru The Wall Street Journal cyo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, umupilote umwe yabwiye mugenzi we ati: "Yakwamye, yakwamye!" Hari mbere yuko icyuma cy’itumanaho hagati yabo gipfa. Iyo ndege yakoze impanuka imaze iminota itandatu gusa ihagurutse.

Abantu 157 bose bari muri iyo ndege baguye muri iyo mpanuka yabaye ku itariki ya 10 y’uku kwezi kwa gatatu

Ikinyamakuru The Wall Street Journal, kivuga ko cyavuganye n’abantu bakurikiranira bya hafi iperereza rigikomeje ku cyateye iyo mpanuka, gitangaza ko amakuru gifite "atanga ishusho y’ihagarara rikomeye cyane ryahise rirenga abari batwaye iyo ndege".
Muri iki cyumweru, amakuru yahosotse mbere y’igihe ajyanye n’iperereza rikomeje ku cyateye iyo mpanuka avuye muri Ethiopia no muri Amerika, avuga ko uburyo bwikoresha burinda indege guhagarara bwakoze mu gihe iyo mpanuka yabaga.
Ubuyobozi bwa Ethiopian Airlines n’abakora iperereza banze kugira icyo bavuga kuri ayo makuru yasohotse mbere y’igihe.

Abakora iperereza bavuga ko bataramenya icyateje iyo mpanuka, ariko biteganyijwe ko abategetsi ba Ethiopia batangaza icyegeranyo cy’ibanze mu minsi iri imbere. Impungenge ku mutekano wo kugenda mu ndege zo mu bwoko bwa Boeing 737 Max zatumye indege zo muri ubu bwoko zihagarikwa gukora ku isi.

SRC/BBC

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru