Perezida Paul Kagame ari muri Kenya kuganira na mugenzi we Uhuru Kenyatta ku ngingo zitandukanye zirimo ubuhahirane, ibyerekeye umubano w’ibihugu byombi n’izindi ngingo zirimo n’ibibazo biri mu bihugu bigize Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba (EAC).
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko uruzinduko Perezida Paul Kagame arimo muri Kenya ari urw’umunsi umwe.
Ati: “Umukuru w’Igihugu ari muri Kenya kuganira na mugenzi we ku ngingo zitandukanye zireba ibihugu byombi ariko iyo Abakuru b’Ibihugu bahuye baganira kuri byinshi bitandukanye, ntacyababuza kuvuga no ku bibazo biri muri EAC.”
Nduhungirehe yadutangarije ko mu byajyanye Perezida Kagame muri Kenya harimo no kuganira na Perezida Kenyatta ku bucuruzi n’ubuhahirane.
Perezida Kenyatta yaherukaga mu Rwanda mu mwiherero w’abayobozi b’u Rwanda wabaye muri uyu mwaka mu Karere ka Gatsibo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro.

















