Wednesday . 22 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Ubucuruzi buri mu byajyanye Perezida Kagame muri Kenya

Thursday 19 September 2019
    Yasomwe na

Perezida Paul Kagame ari muri Kenya kuganira na mugenzi we Uhuru Kenyatta ku ngingo zitandukanye zirimo ubuhahirane, ibyerekeye umubano w’ibihugu byombi n’izindi ngingo zirimo n’ibibazo biri mu bihugu bigize Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba (EAC).

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko uruzinduko Perezida Paul Kagame arimo muri Kenya ari urw’umunsi umwe.

Ati: “Umukuru w’Igihugu ari muri Kenya kuganira na mugenzi we ku ngingo zitandukanye zireba ibihugu byombi ariko iyo Abakuru b’Ibihugu bahuye baganira kuri byinshi bitandukanye, ntacyababuza kuvuga no ku bibazo biri muri EAC.”

Nduhungirehe yadutangarije ko mu byajyanye Perezida Kagame muri Kenya harimo no kuganira na Perezida Kenyatta ku bucuruzi n’ubuhahirane.

Perezida Kenyatta yaherukaga mu Rwanda mu mwiherero w’abayobozi b’u Rwanda wabaye muri uyu mwaka mu Karere ka Gatsibo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru