Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Ubucuruzi buri mu byajyanye Perezida Kagame muri Kenya

Thursday 19 September 2019
    Yasomwe na

Perezida Paul Kagame ari muri Kenya kuganira na mugenzi we Uhuru Kenyatta ku ngingo zitandukanye zirimo ubuhahirane, ibyerekeye umubano w’ibihugu byombi n’izindi ngingo zirimo n’ibibazo biri mu bihugu bigize Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba (EAC).

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ushinzwe Umuryango wa Africa y’Iburasirazuba, Amb. Olivier Nduhungirehe yabwiye Umuseke dukesha iyi nkuru ko uruzinduko Perezida Paul Kagame arimo muri Kenya ari urw’umunsi umwe.

Ati: “Umukuru w’Igihugu ari muri Kenya kuganira na mugenzi we ku ngingo zitandukanye zireba ibihugu byombi ariko iyo Abakuru b’Ibihugu bahuye baganira kuri byinshi bitandukanye, ntacyababuza kuvuga no ku bibazo biri muri EAC.”

Nduhungirehe yadutangarije ko mu byajyanye Perezida Kagame muri Kenya harimo no kuganira na Perezida Kenyatta ku bucuruzi n’ubuhahirane.

Perezida Kenyatta yaherukaga mu Rwanda mu mwiherero w’abayobozi b’u Rwanda wabaye muri uyu mwaka mu Karere ka Gatsibo mu kigo cya gisirikare cya Gabiro.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru