Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 22 May » Rusizi: Abanyarwanda bahungutse bamazwe impungenge ku bibazo byaho bazatura – read more
  • 21 May » U RWANDA RWASHYIZEHO IKIGO GISHIZWE UMUTEKANO MU IKORANABUHANGA. – read more
  • 20 May » Nyamasheke: Babangamiwe n’ubujura kubera kutagira amatara ku umuhanda wa kaburimbo – read more
  • 20 May » Musanze: umurambo w’umusore wasanzwe muri santere ya Byangabo bikwekwa ko yishwe – read more
  • 20 May » Perezida Putin na Trump bemeranyije guhagarika imirwano muri Ukraine. – read more

Ibitaro 10 bigiye kongererwa ubushobozi mu kuvura

Thursday 23 January 2025
    Yasomwe na

Ministeri y’Ubuzima yatangaje ko Guverinoma ifite gahunda yo kuvugurura ibitaro 10 byo ku rwego rw’uturere bikarushaho gutanga serivisi zisumbuye ku zo zatangaga ku baturage babigana.

Ubwo yair imbere ya Komisiyo ishinzwe imiyoborere n’uburinganire hagati y’abagabo n’abagore, Minisitiri w’Ubuzima Dr Nsanzimana Sabin, kuri uyu wa Gtatu tariki ya 22 Mutarama 2025, yavuze ko
byaturutse ku kuba umubare w’abo ibyo bitario byakira nawo wagiye uzamuka.

Yagize ati: “Byinshi mu bitari bikorera mu Rwanda bikeneye kwagurwa; mbere byatangiye bimeze nk’ibigo by’ubuzima biza guhindurwa ibitaro by’uturere. Uko umubare w’abarwayi byakira nawo wagiye uzamuka, wikuba inshuro eshatu kugeza kuri enye kuva byashingwa."

Mu bitaro by’uturere bikeneye kuzavugururwa harimo ibya Nyagatare, Kiziguro muri Gatsibo, Rwamagana ndetse n’ibitari bya Remera Rukoma byo mu karere ka Kamonyi.

Minisitiri Dr Nsanzimana yashimangiye ko mu gihe guverinoma itabasha kubonera rimwe amafaranga yo kubivugurura bazatangirira ku bitaro byihutirwa kurusha ibindi no kuri serivisi zabyo bihutirwa kurusha izindi.

Ati: :"Nk’urugero, turimo kwimura ibitaro bya kaminuza bya Kigali, CHUK, tunakemura ibibazo by’ibitaro bya Nyarugenge, bigiye konger gufungura vuba. Twamaze kubona ingengo y’imari yokubikora kandi turimo kongera umubare w’ibitanda ukazava ku bitanda 180 ukagera kuri 300, ikindi cyo kwishimira cyane."

Ibitaro bya Nyarugenge byakoze muri COVID-19, mu 2024 bifungwa na MINISANTE kuko bitujuje ubuziranenge

Mu bitaro bikeneye no kuvugururwa Minisitiri yavuze ko harimo n’ibya Muhima byita ku bagore ariko bikeneye amafaranga menshi.
Yanditswe na Samuel Mutungirehe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru