Nyuma gato y’inkuru y’igitero cyagabwe ku ngaho z’u Burundi gikozwe n’Umutwe w’inyeshyamba wa Red-Tabara, icyo gihugu cyatangaje ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana wacyo.
Ni igitero cyatumye u Burundi bwongera gushyira u Rwanda mu majwi ni icyagabwe ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare mu 2024, mu gace ka Buringa muri Komine Gihanga mu Ntara ya Bubanza.
Iki gitero cyigambwe n’Umutwe wa RED Tabara ukorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyahitanye abantu icyenda abandi batanu barakomereka.
Mu itangazo Leta y’u Burundi yashyize hanze kuri uyu wa Mbere yavuze ko “iki gikorwa cy’ubunyamaswa cyibasiye abasivile, batunguwe mu gihe n’ubundi bari mu cyunamo”.
Yakomeje ivuga ko “yihanganishije imiryango yaburiye ababo muri iki gitero cy’iterabwoba ndetse yifuriza abakomeretse gukira vuba.”
Muri iri tangazo, u Burundi bwongeye bushinja u Rwanda uruhare mu bikorwa bya RED Tabara.
Buvuga ko “bukomeje kwamagana imyitwarire y’u Rwanda yo gutoza no guha intwaro umutwe w’iterabwoba wa RED Tabara, ukomeje kugaba ibitero byibasira abasivile, ndetse bugasaba ko buhabwa abari inyuma y’ibikorwa y’uyu mutwe bari mu Rwanda.”
U Burundi bwaherukaga kumvikana bushinja u Rwanda gukorana na RED Tabara, nyuma y’ikindi gitero uyu mutwe wari wagabye muri iki gihugu mu mpera za 2023.


















