Inama y’abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu yemeje imyanzuro itandukanye irimo ko ingendo zitarenza saa Mbiri mu gihe ibikorwa byemewe bifunga imiryango saa moya mu gihe ibiroro by’ubukwe nabyo byemewe batarengeje abantu 50.
Ni imyanzuro ije isimbura imazeho ibyumweru bibiri irimo niyashyize imirenge itandukanye mu gihugu igera kuri 52 muri Guma mu Rugo.
Muri iyi myanzuro harimo kandi ko inama zihuza abantu imbonankubone zitazarenza kwakira abangana na 30% by’ubushobozi bw’icyumba ibereyemo, nabwo abitabiriye bakerekana ikemezo cyuko bipimishije COVID-19.
Imodoka nazo zitwara abagenzi zemerewe gutwara abantu 75% by’ubushobozi bw’imodoka rusange.
Abitabiriye ubukwe nabo ntibagomba kurenga 50 bipimishije baba ku ishyingirwa rikorewe imbere y’Ubuyobozi bwa Leta cyangwa mu rusengero.




















