Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Intumwa Z’u Burundi Zaje Gusaba benewabo Gutahuka

Monday 19 December 2022
    Yasomwe na

Muri iki gitondo ku Mupaka wa Nemba mu karere ka Bugesera u Rwanda rwakiriye ba Guverineri b’Intara za Kirundo, Kayanza na Bururi baje gusaba Abarundi benewabo bahungiye mu Rwanda gutahura.

Bakiriwe na bagenzi babo bayobora Intara y’Amajyepfo n’iy’Uburasirazuba kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Ukuboza 2022.

Ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye buri gukora uko bushoboye ngo umubano uri hagati y’u Rwanda n’Uburundi wongere ube mwiza nk’uko byahoze mbere y’umwaka wa 2015 ubwo Nyakwigendera Pierre Nkurunziza yagumaga ku butegetsi kuri Manda ya Kabiri itarumvikanyweho bigatera bamwe guhunga.

U Rwanda n’u Burundi ni ibihugu bituranye kandi bifite abaturage bafite byinshi bahuriyeho birimo umuco n’ururimi ‘bijya gusa.’

Ibibazo bya Politiki byabaye mu Burundi mu mwaka wa 2015 byatumye Abarundi benshi bahungira mu Rwanda.

Abenshi baba mu nkambi iri mu Murenge wa Mahama mu Karere ka Kirehe mu Burasirazuba bw’u Rwanda.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru