Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Abagize w’inteko ishinga amategeko y’u Rwanda, umutwe wa Sena, batangiye igihembwe kidasanzwe aho barimo basuzuma ishingiro ry’Umushinga w’itegeko ngenga ryerekeye imicungire y’imari ya leta, aho biteganyijwe ko inzego za leta zizajya zitegura ingengo y’imari zizakoresha nyuma yuko Inteko ishinga amategeko imaze kwemeza umushinga w’ingengo y’imari y’igihugu.
Ni umushinga uherutse kwemezwa n’umutwe w’Abadepite, uteganya impinduka nyinshi mu mikoreshereze n’imicungire y’imari ya Leta.
Uyu ni umushinga uteganya ko inzego za Leta zose zizajya zitegura ingengo y’imari zizakoresha nyuma yuko inteko ishinga amategeko imaze kwemeza ingengo y’imari y’igihugu iba ikubiyemo imirongo migari y’ibikorwa leta iteganya gukora mu gihe cy’umwaka ndetse n’amafaranga azabigendaho.
Richard Tushabe, umunyamabanga wa Leta muri Minecofin, uri gusobanura iby’uyu mushinga muri Sena
Tushabe yavuze kandi ko uyu mushinga w’itegeko unateganya ko Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta (Auditor General) azajya agenzura n’ibigo bya Leta bidahabwa ingengo y’imari bya Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) n’Ikigo cy’Ubwiteganyirize bw’Abakozi RSSB, nabyo bikaba byajya bigenzurwa mu buryo bwihariye, hakoreshejwe abagenzuzi bigenga.

















