Mutungirehe Samuel
Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yageneye urubyiruko impanuro zuje ubwenge zituma bamenya uko bazitwara mu bihe bizaza zibaganisha ku guhirwa mu nzira y’iterambere.
Ni ubutumwa yabageneye mu gihe Rwanda rwizihije Umunsi Mpuzamahanga wahariwe Urubyiruko #IYDRwanda2021 kuri uyu wa Gatanu taliki ya 20 Kanama 2021.
Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Uruhare rw’urubyiruko mu guhanga ibishya bikemura ibibazo biri mu buhinzi n’ubworozi kandi bibungabunga ibidukikije”
Ubumenyi n’uburambe mugenda mwunguka bibabere umwambaro ubaranga n’itabaza ribamurikira mu nzozi n’ibikorwa byo kwiteza imbere no guteza imbere abandi."
Umuryango w’Abibumbye uvuga ko Umunsi Mpuzamahanga w’Urubyiruko w’uyu mwaka wabaye mu bihe Isi ihanganye n’Icyorezo cya COVID-19, ariko bitabujije gutanga ubutumwa bugamije gukangurira urubyiruko kugira uruhare mu kuzahura uruhererekane rw’ibiribwa binyuze mu kuruha amahugurwa akeiriye, kurufasha kwinjira mu bikorwa, guhanga udushya ndetse no kurutoza gushakira ibisubizo mu kwikorera.
















