Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Karongi: Batewe impungenge n’abana bambura abantu ku manywa y’ihangu

Monday 22 April 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bagana umujyi wa Karongi, by’umwihariko mu murenge wa Bwishyura, bagaragaza ko babangamiwe n’abana bambura ibyabo.

Umurenge wa Bwishyura, ubarizwamo igice kitari gito cy’uyu mujyi wa Karongi, unubatsemo ibiro by’Intara y’Iburengerazuba, nawo ni umwe ugaragaramo kino kibazo cy’abana bafite ingeso yo gushikuza abantu ibya bafite.

Bizumuremyi Patrick, ni umwe mu babangamiwe n’iki Kibazo, yagize ati: “Ni insoresore zitagitinya kuko no ku manywa y’ihangu zambura abaturage, kera bitwikiraga ijoro akaba aribwo ugenda ufite ubwoba ariko ubu gutarabuka mu iveni (mu muhanda) ku manywa ugendana ubwoba, aho dusanga bishobora kubangamira n’ubukerarugendo.”

Akomeza asaba inzego zishinzwe umutekano gushyiramo imbaraga bagahangana n’izi nsoresore, iki kibazo, kitarafata intera kurushaho.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura, Gashanana Saiba nawe yemera ko hari abana bagaragara muri bino bikorwa by’ubugizi bwa nabi.

Ati: “Ikibazo kirabangamye cyane, kuko abantu baza bashaka kujya mu mujyi. Si abasore, ni abana bari muri uyu mujyi, bituruka ku kuba ababyeyi bataye inshingano zabo zo kubitaho, ariko twashyizeho uburyo bwo kubakumira ahantu hagenda abakerarugendo n’abaturage, abasigaye bagenda muri uyu mujyi baba bavuye mu nkengero zawo.”

Ubuyobozi bw’umurenge wa Bwishyura busaba abaturage kujya batanga amakuru igihe bahuye n’iki kibazo, kugira ngo bubafashe hakiri kare.

No ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu izi nsorensore zirahaboneka

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru