Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Mu gihe u Rwanda ruri mu myiteguro yo kwakira Inama Mpuzamahanga y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma y’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimo rw’Icyongereza, CHOGM iteganyijwe muri Kamena 2022, mu karere ka Kicukiro gafatwa nk’amarembo Mpuzamahanga ya Kigali kubera Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kanombe batangije icyumweru cy’isuku mu mirenge yose igize akarere, hakorwa isuku mu nsisiro, ahahurira abantu benshi nko mu masoko, no gushishikariza abafite inyubako zishaje ku mihanda bakavugurura.
Ni icyumweru cyatewe inkunga na Water for People, cyatangijwe ku rwego rw’akarere mu murenge wa Masaka ahazwi nko mu Gahoromani, hakorwa isuku impande z’umuhanda, kubaka ahashyirwa imyanda no gushishikariza abacuruzi kuvugurura iyubako ziri ku mihanda.
Umuyobozi nshingwabikorwa wungirije, w’ajarere ka Kicukiro, Rukebanuka Adalbert, yabwiye abaturage ko hashize igihe hadakorwa ibikorwa bihuza abantu benshi kubera icyorezo cya COVID-19 bituma aho abantu bakorera handura, ahakikije ingo z’abantu haranduye, imyanda yuzuye henshi no muri za rigole amazi adatembera neza.
Akomeza agira ati “Iyi suku turayikomeza, tuyikore aho dutuye n’aho dukorera ndetse n’aho tuba ariko nko twitegura inama ikomeye.”
Rukebanuka arimo kwerekera abacuruzi ko kwitegura CHOGM birasaba ko n’abacuruzi basiga amarangi inzu zishaje zigasanwa
Rukebanuka yasobanuye ko muri iyi cyumweru n’abafite inyubako zishaje cyangwa izasenyutse bakwiye kujya kwaka iicyangombwa cyo kuzisana banyuze mu kwiyandikisha ku rutonde rukorerwa ku biro by’umurenge bagaragaza ahashaka gusanwa.
Akomeza asaba abaturage kwitegura neza CHOGM, ati “Ikintu cya mbere ni ukuyimenya no kuyikurnda, kuko ni agaciro igihugu cyacu gihawe kwakira inama iremereye nk’iriya; icya mebre ni uko abaturage bayimenya, kandi barayizi ariko icya kabiri ni ukuyitegura. n’ubusanzwe mu rugo iyo hari ubukwe abantu barakubura, bagategura imbuga, ni muri urwo rwego rero abanya-Kicukiro by’umwihariko tubasaba kugira isuku ariko baamenya n’iyo nama bakamenya bo gukoresha ibikorwa remezo bihari kuko hari igihe kubera kubera umushyitsi aba agiye gutambuka wowe bakaba bakubwiye ngo ba utujemo gake uze gutambuka nyuma ye, hari indi mihanda irimo yubakwa hano mu mugi ishobora gukoreshwa nk’uburyo bwasimbura uwonguwo wari ugiye gukoreshwa n’umushyitsi mukuru."
Ku ruhande rw’abacuruzi bafiet inyubako zikora ku mihanda yo mu karere ka kicukiro ishobora kuzanyuramo abashyitsi bitewe n’aho bagana cyangwa basura, bavuze ko imyiteguro bayigeze kure kandi inama bayizi nk’izatanga isura y’igihugu ku ruhando mpuzamahanga.
Umucuruzi Rwibogora Manasseh, yagize ati "Nagize umugisha ko ibikorwa cy’icymweru cy’isuku byahereye hano iwanjye, nubwo nari maze igihe nanjye mbyitegura; biradusaba no kuba twabyiteguye mu buryo bw’amafaranga, hari ingengo y’imari bikeneye, ariko kuko bizana isuku kandi isuku ni ubuzika busanzwe, bizana uburyo bwiza bwo kwakira abashyitsi ariko by’umwihariko mu muri ibi bihe tugiye kwakira abashyitsi baturutse hirya no hino ku Isi kandi bakomeye natwe twishimira ko igihugu cyacu kiba gisa neza n’uhanyuze wese akagenda abona neza ko twafashe amabwiriza y’umuyobozi mukuru w’igihugu cyacu wadusabye gutegura isuku mu ngo n’aho dukorera."
Imyitwguro cya CHOGM ku isoko rya Gahoromani muri Masaka/Kicukiro
Imyiteguro yo kwakira Inama ya CHOGM irarimbanyije mu Mujyi wa Kigali, aho mu bice bimwe na bimwe harimo kubakwa imihanda minini izagabanya umuvundo w’ibinyabiziga, mu karere ka Kicukiro ho hari no kubakwa umuhanda Gahanga-Sonatubes ufite ikiraro kizaca mu kirere ahazwi nka Kicukuro-Centre.




















