Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Kohereza abimukira mu Rwanda biracyabura intambwe ya nyuma

Tuesday 13 February 2024
    Yasomwe na

Nyuma yaho Inteko Ishinga amategeko y’Ubwongereza itoye yemeza ku bwiganze ko u Rwanda rufite umutekano byabaye ikimenyetso ntakuka ko gahunda y’u Rwanda n’iki gihugu yo kwakira abimukira n’impunzi bashaka kubayo bajya babanza gusuzumirwa dosiye zabo bari ku butaka bw’u Rwanda.

Iryo tora ryabaye ryari icyiciro cya mbere [ni nk’umutwe w’abadepite], abashingamategeko bashyigikira Sunak ku bwiganze bw’amajwi.

Ibyo ntibyari bihagije ngo bucye indege itwaye abo bimukira yongere yake ihaguruke igere i Kanombe, i Kigali mu Rwanda.

Kuri ubu Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, atewe impungenge n’itora rizakorwa n’icyiciro cya nyuma cy’Inteko Ishinga Amategeko kuri gahunda yo kohereza abimukira mu Rwanda.

Itora ritaha riteganyijwe mu cyiciro cya nyuma cy’Inteko [cyagereranywa na Sena], gusa Sunak mu kiganiro ‘People’s Forum’ cyateguwe na GB News, yagaragaje ko n’ubwo abona kohereza abimukira mu Rwanda ari bwo buryo bwonyine bwakemura ikibazo cyabo, atizeye neza ko iyi gahunda izemerwa.

Yagize ati “Kugira ngo dukemure iki kibazo cyose, dukeneye ubwugarizi. Dukeneye kuvuga ngo nuza mu gihugu cyacu mu buryo butemewe n’amategeko, ntabwo uzakigumamo. Turagusubiza mu gihugu cyanyu niba gitekanye, nk’uko twabigenje kuri Albania cyangwa ahandi hantu kandi ni ko gahunda y’u Rwanda iteye.”

“Turashaka ko iyi gahunda yemerwa mu Nteko Ishinga Amategeko ariko ku bw’amahirwe make ntabwo dufite ubwiganze mu cyiciro cya nyuma cy’Inteko. Ubu buri wese ari gushaka uko aduhagarikira muri iki cyiciro. Ibyo twabibonye mu cyiciro kibanza.”

Mu bo Sunak agaragaza nk’abazabangamira gahunda ye harimo abayoboke b’ishyaka Labour ndetse ahamya ko na bamwe bo muri Conservateurs bari kuganirizwa kugira ngo bazamutere umugongo; ibyatuma kohereza abimukira mu Rwanda bidashoboka.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru