Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more
  • 19 February » Urukiko rwo muri Koreya y’Epfo rwakatiye uwahoze ari perezida Yoon igifungo cya burundu kubera kwigomeka mu 2024 – read more

Nyaruguru: Ishyaka rya DGPR, rigaragaza ko ryishimira ubwitabira bw’abarwanashyaka baryo

Monday 8 December 2025
    Yasomwe na

Ku Cyumweru tariki ya 7 Ukuboza 2025, Ishyaka Rihanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije (Democratic Green Party of Rwanda) abayobozi baryo ku rwego rw’igihugu berekeje mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, mu nama yabahuje n’abarwanashyaka biri shyaka muri kano karere.


Juliette Batsinda, Umunyamabanga wiri shyaka, Uhagarariye Komisiyo y’Itumanaho, ahugura abarwashyaka ba DGPR, uburyo bwo gukoresha neza imbuga nkoranyambaga.

Aka Karere ka Nyaruguru, kaje gakurukira utundi turere dutanu, natwo twabereyemo inama nk’izi.

Ibi byagarutsweho kandi na Hon MugishaAlexis, watangije iyi inama n’amahugurwa ndetse hakaba harabaye igikorwa cy’amatora yo kuzuza inzego ziri shyaka kuva ku mirenge kugera ku rwego rw’akarere.

Yagize ati" Mu Ntara y’Amajyepfo aho tumaze kugera mu turere dutandatu, twiyo ntara, mu munani, uyu munsi turi mu karere ka gatandatu, ariko ka Nyaruguru, kabanjirijwe ejo n’Akarere ka Gisagara, utwo turere tukaba tuje nyuma y’utundi turere tune, tw’Intara y’Amajyepfo, ari two Kamonyi, Muhanga, Nyanza na Ruhango".

Iri shyaka, ryakunze kugaragaza ko aho ryakomeje gukorera inama nk’izi, hirya no hino mu gihugu, bagiye babona ukwiyongera mu bwitabira bw’abarwanashyaka baryo ndetse ko ibikorwa babaga bateguye byakomeye kugenda neza muri rusange cyo kimwe no mu Ntara y’Amajyepfo.

Hon Mugisha, yakomeje agira ati’ Mu by’ukuri rero aha tugeze, ibikorwa byacu birimo biragenda neza, nkuko bimaze iminsi bigenda mu tundi turere, nkuko narimaze kubivuga haruguru, abarwashyaka baritabira, kandi barimo kurushaho gukunda ishyaka biyemeje kubera abayoboke".

Eulade Mahirwe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.