Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Imirwano ihanganishije inyeshyamba za M23 n’ingabo za Leta ya Congo FARDC ikomeje kuba agaterera nzamba [nka kamwe ka Nyina wa Nzamba], ku ko izi ngabo zikomeje gutakaza intwaro zabo ku buryo buteye ubwoba.
Ibi byigaragaje mu mirwano yabaye ku munsi w’ejo, hafi cyane y’umuhanda wa Goma-Rutshuru werekeza GAKO, Kalengera na Rubare.
Izi nyeshyamba zikomeje kugenda zunguka izindi ntwaro zikomeye, ndetse bamwe bakavuga ko gutera izi nyeshyamba ari nko kubagemurira intwaro.
Iyi mirwano yanaje kuvamo gufatwa kwa Ntamugenga, inzira imwe rukumbi abatemberera mu mujyio wa Goma bavuye mu mujyi wa Rutshuru banyuraga.
Ibi byatumye bamwe mubatavuga rumwe na Leta batangira gituka Leta bibaza impamvu izi nyeshyamba ziri kubambura intwaro zabo, aho bivugwa ko bitari bikwiriye.
M23 yambuye izi ngabo intwaro zitandukanye kandi kugeza ubu urugamba ruracyakomeje.



















