Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

M23 yageze Katana yerekeza Kavumu

Friday 14 February 2025
    Yasomwe na

Abarwanyi b’umutwe wa M23 bafashe centre y’ubucuruzi ya Katana nyuma y’imirwano ikomeye wagiranye n’ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, (FARDC), iz’Abarundi n’ihuriro rya Wazalendo.

Katana, iri kuri kilometero 7 uvuye ku kibuga cy’indege cya Kavumu, yari nk’igikuta gikomeye cyabuzaga M23 kwerekeza kuri icyo kibuga kuko ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC ryahashyize uburinzi bukomeye.

Abarwanyi ba M23 bafashe iyi senteri y’ubucuruzi ya Katana nyuma yo kwirukana abo bahanganye mu gace ka Kabamba n’inkengero zako.

Ubwo M23 yinjiraga muri Katana, yahawe ikaze n’abaturage baho bari bamaze iminsi bagaragaza ko bahohoterwaga na FARDC, by’umwihariko ingabo z’Abarundi ngo zagiriraga nabi uwo bakekaga ko ari icyitso.

Amakuru aravuga ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, FARDC n’abafatanyabikorwa bayo batangiye gukuramo akabo karenge bahunga ikibuga cy’indege cya Kavumu.

Ababonye Katana ifatwa basakaje amashusho y’imodoka za Gisirikare za M23 zigera muri centre ya Katana zihetse abasirikare abandi bagenda n’amaguru, bagana aho abaturage bahurijwe mu nama na Jeneral Byamungu wa M23 kugira ngo abagezeho ijambo ry’ihumure rya General Makenga uyoboye imirwano.

Abaturage bahumurijwe ko nta kongera guhangayika ukundi kubera ibyago baterwaga n’ingabo za Leta FARDC na Wazalendo zababuzaga amahwemo.

Zimwe mu ngabo zari zirinze iki kibuga cy’indege gisobanuye byinshi muri iyi ntambara, zagaragaye zerekeza i Bukavu.

M23 ikomeje gufata ibice byo muri Kivu y’Amajyepfo nyuma y’uko Leta ya RDC yanze kugirana na yo ibiganiro bitaziguye, bigamije gushakira hamwe amahoro n’umutekano birambye mu burasirazuba bwa RDC.

Leta ya RDC yavuze ko itazaganira na M23 kuko ngo ni umutwe w’iterabwoba uhungabanya umutekano w’igihugu. M23 igaragaza ko irinda umutekano w’Abanye-Congo, yongeraho ko itarebwa n’imyanzuro ifatirwa mu biganiro itemererwa kwitabira.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru