Tuesday . 17 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

M23 yageze Lubéro ihasanga umutwe uyiyungaho

Saturday 20 July 2024
    Yasomwe na

Mu gukomeza kwagura imbibi z’ibice igenda yigarurira, umutwe wa M23 wageze ahitwa Lubéro usanganirwa n’undi w’abo mu bwoko bwa Lombi bawiyungaho.

Mu Majyaruguru y’uburasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, abagize ubwoko bwa Lombi boherereje inyandiko Guverineri w’Intara ya Tshopo aho bavuga ko umutwe w’inyeshyamba waho wifatanije n’umutwe wa M23.

Abashyize umukono kuri iyi nyandiko barasaba Ingabo za Congo kugira ngo zirinde teritwari yabo, ihana imbibi na Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru, aho M23 yamaze kugera.

Mu nyandiko yandikiwe Guverineri w’Intara ya Tshopo nk’uko tubikesha RFI, aba bantu bo mu bwoko bwa Lombi batuye muri Teritwari ya Bafwasende, bamenyesheje abayobozi ko hashobora kubaho ubumwe hagati y’umutwe w’inyeshyamba waho uyobowe n’uwihaye ipeti rya general witwa Shokoro, n’inyeshyamba za M23.

Ku mugereka w’inyandiko y’amapaji abiri, abantu 116 bavuga ko bakomoka mu bwoko bwa Lombi bashyize umukono kuri iyi nyandiko. Awasa Mango, uwa munani washyizeho umukono ku rutonde, yemeza ko ingabo za Gen. Shokoro ziri hafi y’inyeshyamba za M23.

Ati “Muri Gurupoma ya Banbodi no muri Gurupoma ya Loya, yamaze gushyiraho ubuyobozi bw’ibanze. Inyeshyamba za M23 zifatanije na Shokoro. Duhana imbibi n’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, neza neza na Teritwari ya Lubero, aho M23 iganje. Bifata urugendo rw’umunsi umwe gusa ukaba uri muri Kivu y’Amajyaruguru. Bakora ibintu uko bishakiye, hashyizweho abayobozi b’imirenge, abayobozi ba gurupoma.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru