Sunday . 31 May 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

M23 yahejwe mu biganiro mu mitwe irenga 40 na Leta ya Congo

Monday 28 November 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Umutwe wa M23, wongeye guhezwa mu mishyikirano yahuje ubutegetsi bwa Congo n’indi mitwe irenga 40.

Iyi mishyikirano iri kubera i Nairobi muri Kenya muri Safari Park Hotel.

Yatangijwe ku mugaragaro n’umuyobozi mukuru w’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, akaba na Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye, saa Tatu z’igitondo cy’uyu wa 28 Ugushyingo.

Uretse imitwe yitwaje intwaro n’ubutegetsi bwa DRC buhagarariwe n’abarimo Peof. Serge Tshibangu, iyi mishyikirano yitabiriwe n’umuhuza wayo Uhuru Kenyatta, sosiyete sivile zikorera mu burasirazuba bwa Congo ndetse n’abahagarariye imiryango mpuzamahanga.

Bwiza dukesha iyi nkuru, ivuga ko nta ntumwa ya M23 yabyitabiriye biturutse ahanini ku kuba uyu mutwe witwaje intwaro waranze kubahiriza icyemezo cy’abakuru b’ibihugu by’akarere bahuriye muri Angola tariki 23 Ugushyingo, cyo gusubira mu birindiro wahozemo mbere.

Uyu mutwe wemeye gusa guhagarik imirwano, watangaje ko ufite impungenge z’uko isezerano wahawe ryo kwitabira imishyikirano ritazubahirizwa, ubushingiye ku kuba ngo ingabo za leta zakomeje kuarasa ku birindiro byawo.

Iyi mishyikirano y’I Nairobi y’ikiciro cya 3, ibaye mu gihe intambara y’ingabo za leta ya Congo na M23 ikomereje muri teritwari ya Rutshuru, hafi ya Masisi. Ni mu gihe izi nyeshyamba ziherutse gusaba Uhuru Kenyatta kuganira na zo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru