Thursday . 16 July 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 14 July » France na Espagne ziracakirana mu mukino wa 1/2 cy’Igikombe cy’Isi 2026: Mbappé na Yamal bahanganiye itike yerekeza ku mukino wa nyuma – read more
  • 13 July » Lamine Yamal yujuje imyaka 19: Umwana w’igitangaza ukomeje kwandika amateka muri ruhago y’Isi – read more
  • 13 July » BK Pro League Awards 2026: Abakinnyi babaye intyoza bashimiwe ku mugaragaro – read more
  • 9 July » Morocco irashaka kwihimura kuri France mu mukino w’ishiraniro wa 1/4 cy’Igikombe cy’Isi 2026 – read more
  • 6 July » Spain na Portugal ziracakirana i Saa 21:00 mu mukino ukomeye uzakugena ikipe ikomeza muri 1/4 cy’Igikombe cy’Isi – read more

M23 yisubuje agace ka Matembe

Monday 16 December 2024
    Yasomwe na


Umutwe wa M23 urwana n’ubutegetsi bwa DRC, wafashe agace ka Matembe, gaherereye mu majyepfo ya Teritwari ya Lubero, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Mu mirwano yatangiye mu gitondo kuri iki Cyumweru, aho Radio Okapi, yatangaje ko uyu mutwe ariwo wateye ibirindiro byabo ku ruhande rwa FARDC, ukoresheje intwaro zirimo iziremereye.

Ku rundi ruhande ariko FARDC yigambye kurasa indege itagira abapilote ( drone) ya M23, kuri uyu wa Gatandatu.

Hari amakuru agera kuri Mama Urwagasabo ko kuri iki Cyumweru n’imugoroba, uyu mutwe waje kwisubiza aha Matembe. Matembe akaba ari agace kari mu biromotero bigera kuri 60, ngo ugera mu senteri ya Lubero.

M23 yafashe Matembe mu gihe yaheruka gufata akandi gace kitwa Alibongo nako ko muri Lubero.

Iyi mirwano ikomeye iravugwa mu gihe kuri iki Cyumweru i Luanda muri Angola hari hateganyijwe inama yari guhuza Perezida Félix Tshisekedi wa DRC na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, hamwe na Perezida João laurenço wa Angola, nk’umuhuza, mu gufasha gukemura ibibazo by’umutekano muke bigendanye niyi ntambara.

Gusa iyi nama ntabwo yabaye nubwo Perezida Tshisekedi yari yageze muri Angola mu kuyitabira, aho abahagarari u Rwanda bashinja DRC kwisubiraho ku ngingo yo kujya mu biganiro hagati ya DRC na M23.

DRC yo yakomeje gutsimbarara ko idateze kujya mu biganiro na M23, iki gihugu gikunze kwita umutwe w’iterabwoba.

Yanditswe na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru