Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more

Musanze: Hari Abasigajwe inyuma n’amateka basaba inzu Perezida Kagame

Wednesday 31 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Bamwe mu banyarwanda bo mu kiciro cy’absigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Musanze, barasaba Perezida Kagame ko yabashakira amacumbi bakabona aho gukinga umusaya.

Ubwo umunyamakuru wa mamaurwagasabo yageraga aho batuye, mu mu murenge wa shingiro, akagari ka Mudende bamubwiye ko inzu barimo bazitujwemo na leta ariko zubakwa aho bita mu manegeka, none zabasaziyeho birushaho kuba bibi ku bageze mu za bukuru zenda kugwaho.

Umwe muri bo yagize ati: "Ndasaba Perezida wa Repubulika kudukura kuri aka gasi akatwubakira amazu meza natwe tukagira imibereho myiza nk’abandi banyarwanda. Abayobozi b’inzego zibanze ntabwo badusura ngo batugereho tubabwire ibibazo byacu; tubayeho nabi turara hanze imbeho itwica, dukeneye ko baturenganura."

Aba baturage bakomeje gutunga agatoki ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kubatererana, ntibabahe agaciro cyane ko ngo babageraho iyo bumvise ko abanyamakuru cyangwa abandi bayobozi bari bubasure.

Uwitwa Nsangiza Ntanyungu yagize ati: "Abayobozi batugeraho iyo bazi ko abanyamakuru badusura cyangwa haza abandi bayobozi, ubu twebwe twageze hano mu 1997 batwirukanye mu mashyamba twiberagamo, ariko harimo bamwe bubakiye amazu abandi inzu zatangiye kudusaziraho, dore yatangiye no kutugwaho nkuko murimo kubibona kubera ko bazubatse ku musozi ."

Umunyabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Shingiro, Nteziryayo Augustin yatubwiye ko abo baturage bazatekerezwaho nk’abandi.

Yagize ati "Ibibazo nk’ibi akarere ka Musanze kabishyize mu ngengo y’imari kuko mu kwezi kwa Kane bakoze ibarura bareba abantu baba mu nzu zitameze neza mu rwego rwo kunoza icyerekezo cya Perezida wa Repubulika, kandi ntabwo ikibazo kiri hariya honyine; ibikorwa byo kugenda bafasha bene aba baturage byaratangiye."

Gitifu w’umurenge abajijwe impamvu aba baturage batujwe mu manegeka amwe ashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga yavuze ko ariho babonye ubutaka bwo kubatuzaho.

Yagize ati:"Hariya hari imbogomizi mu myubakire, muri uriya mudugudu wose kariya gasozi kose niho habonetse kuba abantu baturaho. Kandi kiriya kibazo turacyizi nk’akarere k’amakoro, ni hariya twabonye ho kubatuza."

Aha niho heza akarere kabonye bakwiye gutuzwa

Umurenge wa shingiro ni umwe mu mirenge 15 igize akarere ka Musanze, ukaba umwe mu mirenge 3, ariyo Kinigi, Nyange na Shingiro, ikoze kuri Pariki y’Igihug y’Ibirunga .

Bataratuzwa muri izo nzu, aba baturage bari batunzwe no guhiga inyamaswa, aho bajyaga muri pariki kwica zimwe mu nyamaswa bakazirya, hanyuma mu rwego rwo gukomeza kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima leta y’u Rwanda ikaba yarafashe icyemezo cyo gukumira ibyo bikorwa.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru