Tuesday . 1 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 30 June » Niki twakwitega ku iserukiramucogurisha ryitezwe mu turere dutanu? – read more
  • 26 June » Rubavu: Ababyeyi barasabwa kugira uruhare mu ku rwanya imirire mibi y’abana – read more
  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more

Musanze: Kwimika Umutware w’Abakono byateje impagarara

Tuesday 18 July 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Umuryango wa FPR Inkotanyi wasohoye itangazo rinenga ibirori byakozwe byo kwimika "Umutware w’Abakono" byabereye mu karere ka Musanze ubuyobozi burebera.

Ni itangazo ryasohotse ku gicamusi cyo kuri uyu wa kabiri tariki ya 18 Nyakanga 2023 aho ryasobanuye ibi birori byiyimikwa ry’Umutware w’Abakono, biherutse kubera mu murenge wa Kinigi Karere ka Musanze, tariki ya 9 Nyakanga 2023.

Ibiro by’umuryango wa RPF bitangaza ko byakozwe atari urugero rwiza mu kwimakaza ubumwe n’ubufatanye bw’Abanyarwanda bose, aho bakomeza basaba abanyamuryango bose b’uyu muryango ko imitekerereze, imigirire n’imyitwarire nk’iyo bigomba guhinduka abanyamuryango babigizemo uruhare bakazahanwa.

Mu yandi makuru akomeje kuvugwa mamaurwagasabo yabashije kumenya ni uko hari bamwe mu bayobozi bagize uruhare mu gutegura ibi bikorwa bahise batabwa muri yombi abo barimo ba Gitifu b’imirenge ndetse na bamwe mu bakozi bo ba karere ka Musanze n’izindi nzego zitandukanye, bikaba byaratangiye guhwihwiswa ko hari abatawe muri yombi
kuwa Gatanu tariki ya 14 Nyakanga 2023.

FPR-Inkotanyi yakomeje ivuga ko kubumbatira ubumwe ari inshingano za buri wese, aho basabye buri munyamuryango kugaragaza, kwitandukanya no kwamagana icyo ari cyo cyose gishobora gukoma mu nkokora intambwe yatewe.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru