Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Musanze: Mu rugo rw’umuturage hasanzwe umurambo

Monday 14 October 2024
    Yasomwe na


Mu rugo rw’umugore usanzwe uzwiho gukora uburaya, mu murenge wa Kimonyi ho mu karere ka Musanze hasanzwe umurambo w’umugabo bikekwa ko ariwe wamwishe.

Iyo nsanganya yamenyekange mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere mu murenge wa Kimonyi mu Kagari ka Buramira, Umudugudu wa Kabaya.

Ni umurambo w’umugabo witwa Sebuyuki uri mu kigero cy’imyaka 22, bikekwa ko yishwe n’indaya yiriwe asangira nayo.

Umugore witwa Petronille Nyirabagenzi, wakwtswe, bivugwa ko biriwe basangira ejo ku cyumweru tariki ya 13 Ukwakira 2024, ashyirwa mu majwi n’abaturage ko afite aho ahuriye n’urupfu ry’uyu mugabo.

Uwitwa Enock yagize ati: "Ku munsi w’ejo twabonye Sebuyuki ari kumwe n’uyu mugore, gusa ntabwo twakwemeza ko ariwe wamwishe, ubwo bizakurikiranwa n’izindi nzego zibishinzwe ariko ejo aba bantu bombi biriwe basangira."

Undi muturage witwa Nyirambyirukiye Epiphanie twasanze aho ibi byabereye yagize ati: "Ejo biriwe barimo kugendana, abantu bavuga ko uyu mugore ari indaya akunda kuzana abagabo benshi mu rugo iwe, aribana kuko umugabo bashakanye mbere batandukanye amaze kumusukaho amazi (ashyushye), ubundi agerageza kumutera icyuma bamufunga imyaka 3, ni yo mpamvu twemeza ko uyu mugore ari we wamwishe, asanzwe ari igihazi."

Inzego zishinzwe kujya ahabereye icyaha hari umurambo zahageze

Uyu mugore ukekwa ko yakoze ibi yafashwe n’inzego z’umutekano mu gihe umurambo wa Sebuyuki wajyanywe gukorerwa isuzumwa ku bitaro bikuru bya Ruhengeri.

Twagerageje guhamagara kuri telefone Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kimonyi Canisius Kabera ntiyabasha kuboneka, n’ubutumwa twamwoherereje ntiyigeze abusubiza.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru