Saturday . 19 July 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 24 June » Nyuma yaho shampiyona yarangiye tutagiye mu Cyiciro cya kabiri twabonye isomo-Meya Nsengimana – read more
  • 23 June » Hari abakobwa benshi cyane aha ngaha bahabonera abagabo - umwe usengera ahiswe ku Iriba rya Yakobo muri Nyundo – read more
  • 23 June » Umuzamu w’umunyarwanda agiye gukina hanze y’umugabane w’Afurika – read more
  • 23 June » BARINDWI BICIWE I KYIV MU GITERO GISHYA CY’UBURUSIYA BWAGABYE KURI UKRAINE. – read more
  • 23 June » Kuki hatabaho guhinduka kw’ubutegetsi muri Iran: Donald Trump yatanze umuburo – read more

Musanze: Umusore w’imyaka 23 yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 5

Monday 12 May 2025
    Yasomwe na

Ndayambaje Idrisa w’imyaka 23 yatawe muri yombi nyuma yo gukekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka itanu ,kuri ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze.


Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki ya 12 Gicurasi 2025 , Mu Mudugudu wa Gasanze, Akagari ka Cyabararika Umurenge wa Muhoza, aho bivugwa ko uyu mwana bari bamutumye ku muhanda hanyuma abaturage bakabona amubundamyeho aho ngo yanamusize umwana avirirana mu myanya y’ibanga.


Umusore w’imyaka 23 yatawe muri yombi akekwaho gusambanya umwana.

Umubyeyi wari utumye ku isantere yagize ati: “Nari ntumye umwana kuri santere kungurirayo ibintu, ndategereza ndaheba dukomeje gushakisha tumusanga mu murima duhingamo itabi dusanga rero umusore witwa Ndayambaje amuryamye hejuru atubonye ariruka gusa yaje gufatwa ndifuza ubutabera.”


Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru SP Mwiseneza Jean Bosco, wahamije aya makuru


Ati”Iyo nkuru twayimenye ko Ndayambaje Idrisa w’imyaka 23, yasambanyije umwana w’umukobwa ufite imyaka 5, Kuri ubu akaba afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza, umwana yajyanwe ku bitaro bya Ruhengeri, ubu ipererereza rirakomeje.”


Umuvigizi wa Polisi y’u Rwanda mu majyaruguru SP Mwiseneza Jean Bosco yemeje aya makuru.

SP Mwiseneza Jean Bosco avuga ko Polisi y’u Rwanda yashyize ingufu nyinshi mu guhashya abahohotera abana, Ndetse ngo ntabwo polisi izakomeza kwihanganira abakora ibi byaha.


Gusambanya umwana ni icyaha giteganywa n’ingingo ya 4 y’itegeko Nº69/2019 ryo ku wa 08/11/2019 rihindura itegeko N068/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.


Iyo umuntu mukuru asambanyije umwana uri munsi y’imyaka cumi n’ine (14) ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.


Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru