Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Musanze:Urubyiruko rwiga muri RP-Musanze College rwasabwe guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Monday 19 May 2025
    Yasomwe na

Urubyiruko rwiga mu Ishuri rikuru ry’imyuga n’ubunenyingiro RP-Musanze College rwasabwe gufata iyambere mu guhangana n’abagoreka amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 binyuze ku mbuga nkoranyambaga (Social Media).

Ibi babisabwe na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru Mugabowagahunde Maurice ubwo yari yaje kwifatanya nabo mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho yabibukije ko bari mu Gihugu cyabo kandi cyiza, kiyobowe neza ngo ntibakwiye kurebera abagoreka amateka.

Ati”Nibyiza ko nta ngengabitekerezo iragaragara muri iri shuri rya (RP Musanze college) rubyiruko banyeshuri mukwiye kurwanya abantu bashaka kutugarura mu bihe bibi bya Jenoside twabayemo, mugafata iyambere mukanyomoza abapfobya Jenoside birirwa kuri social media bagoreka amateka, mukwiye kujya mubasubiza mukababwira ukuri, nkuko mwabisobanuriwe umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 warateguwe ndetse ushyirwa mu bikorwa, Ntabwo abagoreka amateka y’Igihugu cyacu twabaharira urubuga.”


Guverineri Maurice Mugabowagahunde mu gikorwa cyo kwibuka.


Ku ruhande rw’abanyeshuri biga muri RP Musanze bavuze ko bashenguwe no kubona uburyo Abatutsi bari bahungiye mu Ngoro y’ubutabera (Court d’Appel ya Ruhengeri) arimwo biciwe aho kuhakirira.

Ufitinema Marie yagize ati”Birababaje ibyo twaboneye mu Rwibutso rwa Musanze, kubona aho umuntu yagaherewe ubutabera ariho yicirwa ,Ubu rero nk’urubyiruko ingamba dufashe nuko tugomba kwimakaza gahunda ya ndi Umunyarwanda nitwe Rwanda rwejo hazaza dukwiye guhangana n’abahakana ndetse bagapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994”

Undi munyeshuri witwa Nsengiyumva Didier yagize ati”Uraza gusanga umuntu w’imyaka 20,21 afite ingengabitekerezo ntahandi bayikura ni ku babyeyi, ibi birimo guterwa n’abantu bakuru bigisha abana bakababwira ibitaribyo ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hariya ku Rwibutso tuvuye gusura hari Urukiko ariko niho biciye Abatutsi nk’uko badusobanuriye ntahandi byabaye ku Isi natwe dukwiye kujya turwanya abahakana ko Jenoside yabaye, urubyiruko bagenzi banjye tuba kuri social media mureke tubwize ukuri abavuga amateka uko atari bashaka kuyagoreka.”

Kayitsinga J MV ashinzwe imirimo rusange mu Ishuri rukuru ry’imyuga n’ubumenyingiro (RP-Musanze college) yavuze Impamvu bateguye iki gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 31.

Ati”Natwe nk’Ikigo Nk’abantu turera urubyiruko,dushaka ko urubyiruko rusobanukirwa amateka mabi Igihugu cyacu cyanyuzemo ndetse kugira ngo babashe gusobanukirwa,nibamara gusobanukirwa nabo bazabashe gutegura Igihugu cyabo cyiza, Ejo hazaza h’u Rwanda hazabe hameze neza ntituzongere kugira icuraburindi nk’iryo twanyuzemo, kandi ibiganiro tubibaha kenshi aho tugaruka aho Igihugu cyavuye naho kigeze.”

Guverineri Mugabowagahunde Mourice yongeye gushimira Inkotanyi zahagaritse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ashimangira ko amahano yabaye mu Rwanda atazongera kubaho ukundi kubera ko Igihugu kiyobowe neza.


Amafoto


Guverineri ageza ubutumwa ku bitabiriye igikorwa cyo kwibuka.


Abanyeshuri biga muri RP-Musanze basabwe kuba umusemburo w’impinduka nziza.


Abayobozi batandukanye bari bitabiriye igikorwa cyo kwibuka muri RP-Musanze


Hacanwe urumuri rw’icyizere.


Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru