Abakuru b’ibihugu bigize Umuryango w’ubumwe bwa Afrika, bashigikiye kandidatire y’u Rwanda yo kuyobora Umuryango mpuzamahanga uhuriweho n’ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa, OIF, nk’uko amakuru ava mu ba diplomate yabibwiye ibiro ntaramakuru by’Ubufatransa AFP.
Mu nama ya 31 y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yaberaga muri Mauritania,wari umwanya mwiza ku Rwanda n’umukandida warwo Louise Mushikiwabo wo gushaka amajwi kugira yo kuyobora umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, OIF.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga mu Rwanda, Louise Mushikiwabo, w’imyaka 57, yatangiye ibikorwa byo kwiyamamariza kuyobora uyu muryango mu kwezi gushize.
Ingingo yo gushyigikira kandidatire ya Min.Louse Mushikiwabo ku mwanya w’Umuyobozi wa OIF yafatiwe mu nama yahuje abakuru b’ibihugu i Nouakchott, ku murwa mukuru wa Mauritania, nk’uko byatangajwe n’umwe mu ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga bari mu muryango wa OIF.
Umuryango Mpuzamahanga w’ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa, OIF ugizwe n’ibihugu 84 ndetse n’ibindi bifatwa nk’indorerezi. Umunyamabanga mukuru wawo, Michaelle Jean, w’imyaka 60, wo muri Canada gusa afite inkomoko muri Haiiti, manda ye izarangirana n’ukwezi kwa cumi uyu mwaka gusa igihugu cya Canada gishyigikiye ko yahabwa manda ya kabiri.

















