Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

NYAGATARE: BIZIHIRIJE KWIBOHORA AHO URUGAMBA RWATANGIRIYE

Sunday 6 July 2025
    Yasomwe na

Kuri uyu wa Gatanu ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare bwizihirije ukwibohora I Kagitumba aho urugamba rwo kubohora igihugu rwatangiriye.


Umupaka wa Kagitumba, aho u Rwanda na Uganda bigabanira

Ni mu muhango waranzwe n’ibyishimo byinshi kubawitabiriye cyane cyane abatuye mu duce twa Kanyonza, Rwentanga, Muvumba ndetse na Kagitumba biri mu Murenge wa Matimba ho mu karere ka Nyagatare.



Mu byishimo byinshi abatuye aka gace bagaragaza ko ari iby’agaciro kenshi cyane ku kuba iterambere bari kugeraho barikesha ingabo za RPA zitanze ngo iki gihugu kibohorwe.
Bamwe mu baganiriye natwe bagaragaza akanyamuneza urebeye inyuma bavuga ko uyu murenge wa Matimba, umaze gushyika kuri byinshi birimo ibikorwa remezo nk’imihanda, isoko, ivuriro ndetse n’amashuri.



Bagaruka kandi ku kuba Leta y’ u Rwanda yarabafashije guhindura ubuhinzi n’ubworozi umwuga ushobora gutunga uwukora. Aka gace ka Kagituma iyo ukagezemo uhasanga ibikorwa by’ubuhinzi buteye imbere aho ku buso bungana na hegitari imwe gusa umuhinzi ashobora gusarura toni icyenda nk’uko abahatuye babihamya.



Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Gasana Stephen, agaruka ku bijyanye no kwizihiza umunsi wo kwibohora avuga ko muri aka gace ka Kagitumba hamwe n’akarere ka Nyagatare muri rusange hafite amateka yihariye cyane.


Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Gasana Stephen

Uyu muyobozi kandi yagaragaje ko abatuye aka gace ko hari amahirwe bakwiye kubyaza umusaruro cyane ashingiye ku buhinzi.

HAKIZIMANA Fisto

Andi mafoto yaranze igikorwa












feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru