Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ndikuriyo wa CNDD-FDD yagaragaye ahoberana na Perezida Ndayishimiye nyuma yo kuva mu bitaro

Friday 28 February 2025
    Yasomwe na

Umunyamabanga Mukuru w’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi bw’u Burundi, Révérien Ndikuriyo, yagaragara mu ruhame nyuma y’iminsi myinshi arembeye mu mahanga kugeza ubwo yaguye no muri koma.

Ajya kurwara, Ndikuriyo yafashwe n’uburwayi nyuma yo kwitabira Inteko Rusange y’ishyaka CCM muri Tanzania tariki ya 19 Mutarama 2025, yatorewemo Perezida Samia Suluhu Hassan nk’umukandida uzarihagararira mu matora.

Icyo gihe byavuzwe ko Ndikuriyo “wari muri coma”, yajyanywe kuvurirwa mu bitaro bya Nairobi muri Kenya, biranga, yoherezwa ku mugabane wa Asia.

Mu masengesho ya CNDD-FDD yabaye tariki ya 25 Mutarama 2025, Perezida Evariste Ndayishimiye yemeje ko Ndikuriyo arwaye kandi ko akomeje kumusengera kugira ngo akire.

Ndayishimiye usanzwe ari Umuyobozi w’Urwego rw’Inararibonye rw’iri shyaka, yagize ati “Satani ari gukora ibishoboka byose kugira ngo atuvangire kubera ko Umunyamabanga Mukuru ararwaye. Ndasaba abagumyabanga bose gukomeza kumusengera.”

Nyuma y’amezi abiri atagaragara mu ruhame, Ndikuriyo yagaragaye mu masengesho ya CNDD-FDD asoza ukwezi kwa Gashyantare 2025 kuri uyu wa Kane, ari kumwe n’umugore we n’abayobozi barimo Ndayishimiye.

Ndikuriyo kandi ni we watangije iri sengesho, ashima abanyamuryango ba CNDD-FDD n’Abarundi muri rusange kuba batarahaye agaciro amagambo abaca intege, bakumvira abayobozi babo.

Yabashimiye kandi imyitwarire bafite mu gihe bitegura amatora rusange ateganyijwe muri Kamena 2025, ati “Bagumyabanga, imyitwarire yanyu irashimishije. Murabizi mu bihe by’amatora haba guterana amagambo, haba kwinubirana. Ubu ni urugendo rusanzwe.”

Ndikuriyo yagizwe Umunyamabanga Mukuru wa CNDD-FDD muri Mutarama 2021. Ni umwe mu bafite ijambo rikomeye muri politiki y’u Burundi.

Isooko: Igihe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru