Friday . 17 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Nkunduwimye yahise atabwa muri yombi ibyaha ashinjwa bikimara ku muhama

Friday 7 June 2024
    Yasomwe na


Urukiko rwa Rubanda rw’i Bruxelles mu Bubiligi rwahamije Emmanuel Nkunduwimye, uzwi nka ’Bomboko’ ibyaha byose yari akurikiranweho bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nkunduwimye waburanaga ataha iwe yahise yambikwa amapingu aba ajyanywe gufungwa mu gihe ategereje umwanzuro ku bihano bye uzatangazwa tariki ya 10 Kanama 2024.

Uku guhamwa n’ibyaha bije nyuma y’iminsi ine y’umwiherero w’inteko iburanisha igizwe n’abacamanza b’umwuga ndetse n’inyangamugayo zigera muri 24 zatoranyijwe mu baturage b’Ububiligi.

Iyo nteko nyuma yo kwiherera basuzuma ibirego babihuza n’ubuhamya bw’uregwa n’abamwunganira ndetse n’abatangabuhamya b’impande zombi inteko iburanisha yanzuye ko yasanze ibyaha uko ari bitatu yari akurikiranyweho bimuhama,aribyo:
kugira uruhare muri jenoside,ubwinjiracyaha mu cyaha cya jenoside ndetse n’icyaha cyo gufata abagore ku ngufu

Kuri ubu hategerejwe ko urukiko rumufatira ibihano bijyendanye n’ibyaha byamuhamye.

Nkunduwimye Emmanuel uzwi kw’izina rya BOMBOKO ni umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’Ububiligi .

Ibyaha yahamijwe n’urukiko bivugwa ko yabikoreye hirya no hino mu mujyi wa Kigali cyane cyane ahahoze hitwa mu gakinjiro hano mu mujyi wa Kigali, mu igaraji ryari rizwi nka AMGAR.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru