Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia
Umutwe wa M23 ukomeje kwigarurira ibice byinshi bitandukanye muri Teritwari ya Rutshuru Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 31 Ukwakira 2022, M23 wongeye kwigarurira agace ka Mabenga muri teritwari ya Rutshuru.
Amakuru aremeza ko abarwanyi ba M23 binjiye muri Mabenga mu gitondo cyo kuri uyu wambere , ingabo za FARDC zihita ziyabangira ingata zitarwanye.
Ibi byatumye abarwanyi ba M23 bafata ako gace batarashe isasu na rimwe.
Ku mbuga nkoranyambaga, bamwe mu Bakongomani bari gutabaza bavuga ko Goma ishobora gufatwa bitewe n’uko ingabo za Leta (FARDC) ari abanyabwoba kuko bari kubona M23 bagahita biruka aho guhangana nayo.



















