Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Mata 2025 nibwo habyutse hasakara amakuru yuko umuyobozi w’akarere ka Nyanza yakuwe mu nshingano n’inama njayanama y’akarere, nyuma yo gusanga atubahiriza inshingano ze uko bikwiye.
Byaje gukomeza kuvugwa ko Ntazinda Erasme yaba yanatawe muri yombi n’urwego rw’ubugenzacyaha ariko ntihabonetse igihamya nyacyo kivuye ku rwego rubifitiye ububasha.
Mu masaha make y’igicamunsi, Umuvugizi w’urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry Bwana Ntazinda afunzwe.
Ati: “Nibyo koko Ntazinda Erasme arafunzwe bishingiye ku iperereza riri kumukorwaho. Nta byinshi twavuga kugeza ubu, kwirinda ko byabangamira iperereza."
Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza, Mukagatare Judith, yabwiye IGIHE ko ihagarikwa rya Ntazinda rishingiye ku myitwarire mibi yagiye imuranga nubwo atasobanuye iyo ariyo.
Ntazinda yari ayoboye Akarere ka Nyanza muri manda ya kabiri, nyuma y’uko mu matora yo mu 2021 yongeye gutorerwa kuyobora ako karere yari amaze imyaka itanu abereye umuyobozi.



















