Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Ntazinda wayoboraga Akarere ka Nyanza yageze mu maboko ya RIB

Wednesday 16 April 2025
    Yasomwe na

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 16 Mata 2025 nibwo habyutse hasakara amakuru yuko umuyobozi w’akarere ka Nyanza yakuwe mu nshingano n’inama njayanama y’akarere, nyuma yo gusanga atubahiriza inshingano ze uko bikwiye.

Byaje gukomeza kuvugwa ko Ntazinda Erasme yaba yanatawe muri yombi n’urwego rw’ubugenzacyaha ariko ntihabonetse igihamya nyacyo kivuye ku rwego rubifitiye ububasha.

Mu masaha make y’igicamunsi, Umuvugizi w’urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry Bwana Ntazinda afunzwe.

Ati: “Nibyo koko Ntazinda Erasme arafunzwe bishingiye ku iperereza riri kumukorwaho. Nta byinshi twavuga kugeza ubu, kwirinda ko byabangamira iperereza."

Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Nyanza, Mukagatare Judith, yabwiye IGIHE ko ihagarikwa rya Ntazinda rishingiye ku myitwarire mibi yagiye imuranga nubwo atasobanuye iyo ariyo.

Ntazinda yari ayoboye Akarere ka Nyanza muri manda ya kabiri, nyuma y’uko mu matora yo mu 2021 yongeye gutorerwa kuyobora ako karere yari amaze imyaka itanu abereye umuyobozi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru