Ntigurirwa Daniel uri gukekwaho kwivugna umugore we akoresheje isuka mu ijoro ryo ku wa gatatu rishyira kuri uyu wa kane yafashwe n’abaturahe nyuma yuko bamenye amahano yakoze agashaka no gukurikizaho kwica umwana we w’umukobwa.
Uyu Ntigurirwa wo mu murenge wa Kayenzi mu kagali ka Kayenzi twabagejejeho inkuru y’uko akekwaho kwivugana umugore we agatoroka, akaburirwa irengero ariko inzego z’ibanze na polisi bagakomeza kumushakisha bafatanyije n’abaturage.
Yafashwe n’abaturage bo mu Mudugudu wa Nyagasozi, Akagari ka Gihinga mu Murenge wa Gacurabwenge, bamubonye batamuzi baramukeka baramufata, bahita bamushyikiriza umurenge ari na wo wamujyanye kuri sitasiyo ya Polisi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gacurabwenge, Nyirandayisabye Christine, yabwiye IGIHE ko abaturage bo muri uyu murenge aribo bafashe Ntigurirwa.
Yakomeje agira ati “Bamubonye akerakera kubera ko bafashe ingamba z’uko umuntu bazajya babona batamuzi bazajya bamushyikiriza mudugudu."
"Bahamagaye mudugudu bati tubonye uyu muntu ariko turabona tutamuzi, kubera ko Mudugudu yari afite ifoto amubonye ahita abona ari wa mugabo.”
Ingingo ya 107 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange iteganya ko umuntu wica undi abishaka, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igihano cy’igifungo cya burundu.
















