Saturday . 20 September 2025

INKURU ZIGEZWEHO

  • 11 September » Musanze:Abahinzi barataka igihombo batewe n’izuba ryangije imyaka yabo – read more
  • 11 September » Rwamagana: Abikorera bagaragaje akabari ku mutima bavuga ko imurika bikorwa ryababereye ishuri mu bikorwa byabo. – read more
  • 11 September » Kirehe: Ubuharike bwabaye umuco – read more
  • 10 September » Gisagara: Umwana w’imyaka 17 ufite undi mwana yahawe imyaka 47 muri irangamirere bituma adahabwa serivisi. – read more
  • 9 September » Ibyo Ubushinwa bwohereza mu Burusiya byaragabanutse cyane muri Kanama ugereranije n’umwaka ushize – read more

Ntiharamenyekana ufite umujyi wa Kavumu

Monday 14 April 2025
    Yasomwe na

Mu mpera z’icyumweru gishize hasakaye amakuru atandukanye ko abarwanyi ba Wazalendo bambuye AFC/M23 igice cya Kavumu ndetse banatangaza ko bari kwitegura kwisubiza ikibuga cy’ingege cya kavumu n’ibice bigikikije, gusa AFC/M23 nayo yakomeje kugaragaza ko ifite icyo gice, ibivigwa ari ibinyoma.

Amakuru yakomeje acicikana ndetse impande zombi zerekana amashusho ko zifite site ya Kavumu kugeza nubwo Wazalendo zerekanye ko umugi ziwugendura binyuze mu nama zakoresheje harimo abaturage biganjemo urubyiruko.

Abatanze amakuru ku ruhande rwa Wazalendo bagirara bati: Umujyi wa Kavumu uri mu maboko y’Inyeshyamba za Wazalendo.

Kavumu ni umujyi w’ingenzi kubera aho uherereye hafi y’umujyi wa Bukavu kandi ukaba unafite ikibuga cy’indege aho indege zijya cyangwa ziva i Bukavu zihagarara.

Mu gufata uyu mujyi w’ingenzi, Wazalendo bateye intambwe igana ku kubohora umujyi wa Bukavu wigaruriwe n’abakora iterabwoba ba RDF.

Umujyi wa Bukavu wigeze kugotwa ku kigero cya 90% n’Inyeshyamba za Wazalendo, kandi aba barwanyi b’Abanyarwanda ba RDF basigaje inyanja gusa nk’inzira yo guhunga no gusubira mu Rwanda.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 14 Mata 2025, Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyepfo, Emmanuel birato washyizweho na AFC/M23, intara iherereyemo kavumu, yavuze ko ari ingabo zabo, AFC/M23 zigifite icyo gice.

Muri video yashyize hanze y’iminota ibiri irengaho amasegonda make, yavuze ko aribo AFC/M23 bayobora site ya Kavumu, ikibuga cy’indege ndetse n’inkengero zacyo.

Akomeza agira ati: "Nta bwoba, uyu munsi muri iki gitondo. Umujyi wa kavumu wari watatswe n’ingabo z’umwanzi, abantu bari boherejwe na Kinshasa, kugira ngo bahungabanye umutekano muri Kavumu, hanyuma ingabo zacu zarabatatanyije hanyuma ntitwahemye gukuraho izo ngabo."

Guverineri Bitaro yakomeje avuga ko bakomeje guhiga abo ba wazalendo aho bihishe hose mu nzu.

Guverineri wa kivu y’amajyepfo Emmanuel Birato, washyizweho na AFC/M23 mu gihe uwa leta yataye abaturage yibera Uvira gusa

Yavuze kandi ko yatangajwe ko kumva ko hari uduce nka Kakatana harimo ba wazalendo, Kakavumo naho barimo, asaba abaturage kuba maso bakirinda ko abawazalendo baza kubahungabanyiriza umutekano mu bice byabo, yemeza ko ari za wazalendo zivanze na Interahamwe baza kubahungabanyiriza umutekano.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is moderated before publication: your contribution will only appear after being validated by an administrator.

Who are you?
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru