Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu:Ababyeyi bibukijwe kugaburira abana indyo yuzuye

Thursday 29 May 2025
    Yasomwe na

Ababyeyi bo mu karere ka Nyabihu by’umwihariko abatuye mu murenge wa Bigogwe bibukijwe ko aribo bafite inshingano zo kwita ku bana babagaburira Indyo yuzuye mu rwego rwo gukomeza guhangana n’igwingira.

Ibi byagarutsweho kuri uyu wa Kane tariki ya 29 Gicurasi 2025 ubwo hasozwaga ukwezi kwahariwe ubukangurambaga kuri Nutrition na ECD muri aka karere mu nsanganyamatsiko igira iti”Umwana utagwingiye ishema ry’umuryango”


Abana bafashwa kubona indyo yuzuye bikabafasha gukura neza.

Ingo mbonezamikurire ni imwe muri gahunda za guverinoma zigamije kurwanya imirire mibi n’igwingira.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage Simpenzwe Pascal yasabye uruhare rwa buri wese mu kwimakaza kugaburira abana indyo yuzuye ndetse yavuzwe ko ECD yabaye umusemburo w’impinduka nziza muri aka karere ka Nyabihu.


Hanapimwe abana ngo harebwe uko imirire yabo ihagaze.

Ati”Nitwebwe Ababyeyi dukwiye gufata iya mbere mu kwita ku bana bacu tubagaburira indyo yuzuye, bakaba ishema ry’umuryango kandi ntabwo bigomba guharirwa bamwe n’inshingano zacu twese, igwingira mu bana bacu dukwiye kurirwanya tubaha amafunguro arimo intungamubiri nkuko mwagiye mwigishwa uburyo bategura amafunguro agaburirwa umwana.”

Uyu muyobozi yakomeje ashimira abafatanyabikorwa batandukanye by’umwihariko (Childfund Korea) badahwema gufatanya n’akarere ka Nyabihu mu bikorwa byo kurwanya imirire mibi mu bana.


Hasojwe ukwezi kwahariwe ubukangurambaga kuri Nutrition na ECD.

Iki gikorwa cyitabiriwe n’abakozi bo mu ishami ry’ubuzima muri Nyabihu ndetse n’Umuyobozi wa Country Director (RCR)Bwana MUSUHUKYE Benjamin nawe yasabye Ababyeyi kujya bagaburira abana babo indyo yuzuye ibarinda kugwingira

Ubu bakangurambaga bwateguwe n’Akarere ka Nyabihu ku bufatanye na Reach the Children Rwanda( RCR)/ ChildFund Korea ,

Mu Karere ka Nyabihu habarirwa ECD’s 1235,zose zikaba zita ku bana ni mu gihe Ku rwego rw’igihugu habarurwa ECDs zirenga ibihumbi 31 zita ku bana Miliyoni 1.1.

muri raporo ijyanye n’ubuzima yasohotse muri 2024, yagaragazaga ko ako aKarere ka Myabihu kari ku gipimo cya 35,1% by’abana bagwingiye mu gihe umuhigo w’Igihugu wari kuri 19% muri uyu mwaka wa 2024.

Amafoto yaranze iki gikorwa



Abayobozi batandukanye n’abandi bafatanyabikorwa b’Akarere ka Nyabihu.

Abaturage bitabiriye igikorwa cyo gusoza ukwezi kwahariwe imirire.

Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru