Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu: Abagabo barahohoterwa bakaryumaho

Friday 1 December 2023
    Yasomwe na


Mu gihe leta y’u Rwanda ikomeje gushyishikariza abanyarwanda kwimakaza ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, mu karere ka Nyabihu hari abagabo bahohoterwa bakagira isoni zo kubivuga mu buyobozi.

Mu biganiro byahuje inzego zirimo GMO n’izindi zifite aho zihuriye n’ubukangurambaga bwo kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango, abayobozi mu nzego zibanze bagaragaje ko hari bamwe mu bagabo bahohoterwa bakihagararaho kubera gutinya ko babaseka.

Bigirimana Alphonse, ni Umukuru w’umudugudu wa Kagano mu murenge wa Rugera yagize ati: "Kenshi dukunze guhura n’abagabo batinya kugaragaza ihohoterwa bakorerwa n’abagore, aho bahagarara kuri cya cyubahiro cy’abagabo bakumva ko nibabivuga babaseka ,ndetse hari na bamwe usanga bahuye n’ihungabana rikomeye bagata ingo bitewe n’ibyo bibazo baba bafite mu miryango."

Yakomeje agira agira abagabo inama ko bakwiye gutinyuka, ngo kuko iyo hagize abamugana bafite icyo kibazo kijyanye n’ihohoterwa agerageza kubumvisha ko bombi, akabibutsa ko bafite uburenganzira bungana imbere y’amategeko.

Undi muyobozi watabarije abagabo ni uwitwa Odetta Nyirakanyamanza, ni Umukuru w’umudugudu wa Buremera mu murenge wa Karago, nawe yemeza ko hari abagabo bafite imyumvire ko batajya gutanga ikirego ko bahohoterwa n’abagore babo.

Yagize ati: "Biterwa n’imyure ikiri hasi y’abagabo, bumva ko badashobora gushyira hanze ibibazo by’amakimbirane biri mu ngo zabo ahubwo bakaruca bakarumira ntibagaragaze akarengane kabo, bakwiye kujya batugana bagatinyuka kuko n’ubundi iyo batabivuze nk’umuyobozi sinshobora kubirota."

Umugenzuzi mukuru muri Gender Monitoring Office (GMO), Nadine Umutoni Gatsinzi, avuga ko yaba umugore n’umugabo bombi imbere y’amategeko bangana, aho asaba buri wese kujya agaragaza ihohoterwa akorerwa na mugenzi we.

Yagize ati: "Ihohoterwa iryo ari ryo ryose rikwiye kuvugwa, niba ari umugabo wahohotewe cyangwa umugore byose bikwiye kuvugwa, bose RIB ibitaho, kugira ngo ifashe abo bagabo bahohoterwa; icyo umuntu yabivugaho inzego zose zirahari ariko ntitwakwirengagiza ko tugifite umubare munini w’abagore n’abakobwa bahohoterwa, ibyo nabyo birahari."

Uyu muyobozi yakomeje agira ati:"Umugabo uhohoterwa ajye abivuga abyerure kandi nawe ahabwe serivisi nk’abandi bose, ndetse itegeko dufite riratomoye kuko bose bahanwa kimwe ntaho bivugwa ko rihana umugabo rikareka umugore."

Ibi biganiro byari bifite insanganyamatsiko igira iti: ’Uruhare rw’inzego zibanze mu kwimakaza ihame ry’uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina."

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru