Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Abakorera mu kirombe cya Kazuba gihereye mu mudugudu wa Kazuba, Akagari ka Rugeshi gicukurwamo igitaka kivamo amatafari barasaba akarere ko kabashyiriraho amakoperative kuko bakorera mu kavuyo kubera ko nta buryo buhamye bafite.
Babitangarije Umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Mukamira arinaho iki kirombe giherereye .
Benshi muri aba baturage biganjemo abafamu batubwiye ko bitwa "indushyi " kuko bavuga 90% y’abakoreramo baba barabyariye iwabo.
Mutoni Alliance, niyo mazina twamuhaye kuko yanze ko dutangaza amazina ye, yavuze yavuye mu buraya akaza gushakira ubuzima muri iki kirombe cya Kazuba.
Mutoni yagize ati "Twaje muri iki kirombe gushaka ubuzima kuko twakoraga umwuga w’uburaya , niyo mpamvu twitwa "Indushyi" kuko abenshi tuba twarabyariye iwacu."
Uyu muturage akomeza avuga ko nubwo bafite koperative yitwa "Tuzamurane" ariko nta kamaro ibafitiye.
Yagize ati "Dufite koperative idafatika yitwa Tuzamurane ariko mu byukuri ntacyo itumariye kuko ntabwo tumenya ubwizigame bwacu."
Mbabazi ni umwe mu bandi bakorera muri iki kirombe, avuga ko umunsi iki kirombe cyarangiye bibaza icyo bazakora bakaboneraho gusaba Leta kubatekerezaho.
Yagize ati "Mudukorere ubuvugizi, tugire uko tubaho twiteganyiriza, ibaze nkubu iki kirombe kiri hafi kurangira, abagore bindushyi tuzerekeza he? mudufashe byibuze tugire aho tubariza."
Twifuje kumenya icyo umuyobozi ureberera iki kirombe cya Kazuba, Ntawuruhunga Noheli avuga kuri iki kirombe, avuga leta yabahaye iki kirombe mu rwego rwo kubarinda kuba inzerezi.
Yagize ati "Leta yagira uko idufasha ikadushyiriraho amatsinda, kuko n’ubu baduhaye iki kirombe ngo tureke kuba inzerezi."
Akomeze avuga ko umunsi iki kirombe cyashije bizaba ikibazo gikomeye kuri aba baturage.
Yagize ati’"Ahubwo umunsi igitaka kizaba cyashyize benshi bazabaho nabi bikabije, ntabwo byoroshye nawe uri kubibona. Noneho kubera turi mu bihe by’imvura ubu ntacyo turi kubona."
Izindi mpungenge aba baturage bafite nta bwishingizi bafite ku buryo bagize ibyago byo kugwirwa n’ikirombe batabona aho babarizwa.
















