Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Nyabihu: Baracyagorwa no gukora urugendo rurerure bagiye kuvumba umuriro w’amashanyarazi muri Santere ya Kadahenda

Tuesday 11 July 2023
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu , mu Murenge wa Karago baravuga ko bakigorwa no gukora urugendo rurerure bagiye kuvumba umuriro w’amashanyarazi muri santere ya kadahenda ngo kuko baheze mu icuraburindi.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga mu murenge wa Karaga bavuga ko bagikoresha ibishishimuzo (ibikara) na matodowa kugira ngo binjire mu nzu , bakaba ariho bahera basaba ubuyobozi ko bwabegereza umuriro w’amashanyarazi nabo bakishima nk’abandi .

Umwe muri aba baturage witwa Mukarugwiro Vestine yagize ati: "Turi mu icuraburindi, kwinjira mu nzu dukoresha ibishishimuzo, batwegereje byose ariko Umuri hano muri iki gice duturanye ntawo, turifuza ko bazadutekerezaho natwe tujya tuba ahantu hari kubona, cyane ko umuntu abana bashobora gusubiramo amasomo n’ijoro bakiga neza bagatsinda ariko ubu se byashoboka ...? muzadutumikire dukenyeye Umuri rwose."

Mu bindi aba baturage bahurizaho ngo nuko bajya gusharija telefone muri santere ya kadahenda, bakoze urugendo rurerure ibintu babona nko kuba barasigaye mu iterambere.

Mukarugwiza Clemance utuye mu mudugudu wa Nkomane , yagize ati:"Ahantu hamwe umuriro urahari , ariko iwacu sinzi impamvu, gusa abayobozi atubwiye ko bishobora kuzakemuka mu minsi mike, ubu dufite umuriro ntitwajya tujya kuvumba umuriro iriya muri santere ya Kadahenda, tubonye Umuriro wadufasha muri byinshi."

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga kuri iki kibazo abaturage bafite maze umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette avuga ko bashonje bahishiwe nabo umuriro uzabagera mu minsi ya vuba.

Yagize ati:"Icyo navuga nuko aba baturage bashonje bahishiwe, murabizi ko muri NST1 ,muri gahunda ya Nyakubahwa Perezida wa Repubulika nuko amashanyarazi n’amazi muri 2024 bizaba byageze ku baturage, aha nta byinshi navugaho ibikorwa bizivugira."

Imwe mu midugudu idafite umuriro w’amashanyarazi harimo ,Nkomane, Karandagi,Muremure , Kivunja, bakomeza bavuga ko bamaze imyaka irenga 10 babwirwa ko umuriro uzabageraho ariko ngo amaso yaheze mu kirere.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru