Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu: Batewe impungenge n’amazi aturuka ku musozi wa Kanyampereri

Wednesday 25 October 2023
    Yasomwe na

Abatuye mu Murenge wa Mukamira mu karere ma Nyabihu baravuga ko batewe impungenge n’amazi y’imvura aturuka ku musozi wa Kanyampereri abasanga mu rugo andi agasendera imirima yabo.

Barasaba ubuyibozi ko kuri uyu musozi hakorwa amaterasi y’indinganire mu rwego rwo gukumira aya mazi.

Umwe muri aba baturage witwa Kamanzi Evariste yagize ati: " Ikibazo cy’aya mazi ikibitera ni amasuri amanuka ku musozi wa Kanyampereri, kugira ngo gishoboke nuko uriya musozi bawucamo imirwanyasuri bagashaka uburyo bakoramo amaterasi y’indinganire bagakoramo amadumburi (imiferege y’amazi); amazi araza agasendera mu myaka twahinze akayuzurira tugahahomba ndetse aya mazi araza akadusenyera, ibyo bikozwe ntabwo amazi yajya aza kutubangamira."

Undi muturage yagize ati: "Kiriya kibare (aho amazi amanukira mu butaka) ntabwo gihagije, umunsi yarengutse bizadutera ibibazo bikomeye, icya mbere nibarwanye isuri kuri uriya musozi natwe murabona ko twagerageje kurwanya isuri ariko iyo ibizi byamanutse ari byinshi byuzura imirima yacu, turasaba ko ubuyobozi bwadufasha uriya musozi ugakorwaho ibishoboka byose kuko niwo udutera ibi bibazo byose.’

Bamwe bakomeza bavuga ko barara badasinziye ngo bitewe nuko baba bafite impungenge ko aya mazi yaza akabatwara n’ijoro igihe imvura irimo kugwa.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette yavuze ko bigoye gukora amaterasi y’indinganire kuri uyu musozi wa Kanyampereri bitewe nuko ugizwe n’urutare.

Yagize ati: "Aha ngaha kuri uyu musozi wa Kanyampereri ni ahantu ubona ko hahanamye, ku miterere y’ubutaka bwaho twasanze amaterasi ndiganire atabasha kuhaba kubera ko n’ubutaka urebye neza buri ku ibuye, ni ku rutare, ni ugukomeza gushyiramo imbaraga zo kurwanya isuri mu mirima; ndasaba abaturage kujya bibuka gusibura imiringoti, bakajya batera ibyatsi bifata ku miringoti bifata ubutaka kugira ngo butagenda."

Meya yakomeje asaba abaturage ko bakwiye gukomeza gushyira ingufu mu kubungabunga ibibare bisiburwa mu rwego rwo gukomeza gukumira aya mazi.

Akarere ka Nyabihu ni kamwe mu turere dukunzwe kwibasirwa n’ibiza mu bihe by’imvura bijyanye n’imiterere y’ubutaka bwaho, arinaho abaturage basabwa gukomeza kurwanya isuri mu mirima.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru