Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu: Hari abaturage bajya gucumbika mu baturanyi iyo imvura iguye

Thursday 26 January 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Gutinda gukora ikiraro cya Mukamira burimo gutuma abaturage bo mu mudugudu wa Gisenyi mu karere ka Nyabihu barara hanze iyo imvura iguye.

Ni ikiraro kiri hafi y’isoko rya Mukamira iyo imvura iguye amazi aba menshi akambukiranya umuhanda munini Nyabihu-Rubavu akisuka mu ngo z’abaturage kubera ubuto bwa rigori yaciwe.

Ni ibyo abatuye mu murenge wa Mukamira mu kagari la Jaba mu Mudugudu wa Gisenyi beretse umunyamakuru wa Mamaurwagasabo, bamwereka uko amazi abatera mu nzu iyo imvura iguye.

Umwe muri bo witwa Gakecuru Christiana yagize ati: "Iyo imvura iguye, isaha iyo ari yo yose, tujya gucumbika mu baturanyi ndetse tukarara tuyadaha kugira ngo inzu zitatugwaho; mbese iyo uyu mugende wuzuye amazi yose yisuka mu nzu, ndasaba ubuyobozi ko bwankura muri aya mazi."

Umuhoza Nadine yagize ati: "Ikibazo twakigejeje ku buyobozi burakizi ndetse mu minsi yashyize hari ibintu bari bazanye byo gukora umuhanda bikumira aya mazi ariko bongeye kubijyana, iyo imvura yaguye amazi yose aturuka hirya mu misozi ya Kanyamperere yambukiranya umuhanda kubera ko rigori ari ntoya akisuka mu nzu y’uyu mukecuru."

Rigori yashyizweho kugira ngo itangire amazi iranga akaba ntoya

Bakomeza bavuga ko abayobozi baza kenshi bagafotora ariko bakaba nta gisubizo kizima babona ariho bahera basaba izindi nzego kubafasha muri iki kibazo kibabangamiye.

Ikindi ngo usibye no kuba amazi ajya mu mazu ahubwo ngo yuzura no mirima imyaka ikangirika.

Gakecuru Christiana, umwe mu batubwiye ko ajya gucumbika mu baturanyi kubera amazi amusanga mu nzu

Twifuje kumenya icyo ubuyobozi bw’Akarere buvuga kuri iki kibazo maze kuri telefone ngendanwa Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Jean Claude Habanabakize atubwira ko ari mu nama ari buze kutuvugisha.

Ati: "Ndi mu nama ya ’Joke’ ndaza kukuvugisha irangiye."

Kugeza ubwo twakoraga iyi nkuru twagerageje kumwandikira ubutumwa bugufi kuri Telefone ye ngendanwa kugira ngo agire icyo avuga ariko ntiyasubiza.

Amazi iyo yabaye menshi akora isuri itwara ubutaka mu mirima y’abaturage

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru