Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Nyabihu: Ikimoteri kiri rwagati mu isoko giteje inkeke

Wednesday 25 October 2023
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Abarema n’abakorera mu gasoko gaciriritse ka Mukamira baravuga ko ikimoteri cyubatse rwagati mu isoko kibateje inkeke bitewe n’umunuko ukabije kibateza.

Aba bacuruzi babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo ubwo yageraga muri aka gasoko aho bifuza ko ubuyobozi bwareba uburyo bacyimura kikava mu isoko cyangwa se bakajya baza gukuramo imyanda hakiri kare.

Umwe muri aba baturage yagize ati: "Reba nkatwe dukorera hano hafi amasazi avuye mu kimoteri aza ku bicuruzwa tukabura uko tubigenza, bakimuye byaduha amahoro n’isuku ya hano yakwiyongera, batinda kuza kukivudura kandi ni gito cyane pe ugereranyije n’umubare w’abantu bakorera hano."

Undi mucuruzi yagize ati: "Nibyo aka gasoko kadufitiye akamaro kandi gatunze imiryango myinshi ariko bimuye iki kimoteri twakorera mu bwisanzure; ibaze amasazi aba yuzuye hano, umunuko noneho hari abatandika mu kimoteri. Biteye ikibazo gikomeye kuko dushobora no kwandura indwara zituruka ku mwanda mu gihe ntagikozwe."

Ikimpoteri cyabaye gito ugereranyije n’abarema isoko

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette yavuze ko agiye kuganira n’abashinzwe gukurikirana ibijyanye n’iri soko kugira ngo harebwe uburyo bajya batwara iyi myanda hakiri kare.

Yagize ati: "Ku bijyanye n’ikimoteri kiri muri aka gasoko kigiye gutekerezwaho uburyo cyakagurwa kandi abashinzwe gutwara iyi myanda tugiye kubaganiriza ku huryo niba bazaga rimwe mu kwezi noneho bajya baza kabiri mu rwego rwo gukomeza kubungabunga isuku."

Aka ni agasoko gaciriritse kubatswe muri santere ya Mukamira gafasha abagakoreramo kwiteza mbere mu mibereho ya buri munsi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru