Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Mu karere ka Nyabihu, mu Murenge wa Bigogwe Akagali ka Rega mu Mudugudu wa kagano hari umuturage witwa Uzayisenga Epiphanie uvuga ko nyuma yo gusenyerwa n’ibiza hashize imyaka ibiri yijejwe amabati none amaso yaheze mu kirere.
Inzu y’uyu muturage wo mu cyiciro cya mbere cy’ubudehe yatwawe n’ibiza umwaka muri Werurwe 2021.
Yabwiye munyamakuru wa Mamaurwagasabo ko abayeho mu buzima bugoye kuko imvura ihora imunyagira.
Asaba ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu kumufasha akabona aho akinga umusaya we n’abana be.
Yagize ati: "Muri iki gihe cy’imvura mbayeho nabi, nabibwiye abayobozi baza gufotora, amafoto bayohereza ku Karere. Ikibazo cyanjye nakigejeje ku kagari inshuro nyinshi bakajya bambwira ko babirimo kugeza nubu ndacyategereje. Turimo kurara mu cyondo, Mudugudu ahora hano ariko ntacyo baramfasha."
Umwe mu baturanyi b’uyu muryango yagize ati" Babayeho nabi, leta nibafashe byibuze bobone amabati kuko ntabushobozi bafite, batunzwe no guca inshuro imvura yose iri kubashiriraho, rwose ntamahwemo bafite."
Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Simpenzwe Pascal yavuze ko nta raporo akarere gafite y’ibiza byabaye muri ako kagari.
Yagize ati: "Twabireba neza kuko nta raporo twigeze tubona y’ibiza byabaye muri ako Kagali, keretse niba ari inzu yashaje, gusa ikibazo cye tugiye kugikurikirana, nzamusura ejo turebe igikorwa."
Iki kibazo cy’uyu muturage aravuga ko akimaranye umwaka umwe n’igice abeshywa n’inzego zibanze.
Amafoto: Ndayambaje J.C



















