Hari bamwe mu baturage batishoboye batuye mu mudugudu wa Cyivugiza, mu kagari ka Rubaya mu murenge wa Mukamira w’akarere ka Nyabihu bavuga ko Leta yabatuje mu nzu zituzuye.
Mu kiganiro bagiranye na Mama Uwagasabo TV, bavuze ko bafite impungenge ko ibikuta byo muri izi nzu bizabagwaho kubera ko bitubatse neza.
Niyizamurera Olive yagize ati”Tumaze imyaka itatu badutuje muri izi nzu zituzuye urabona ko badusakariye ariko ibikuta Ntabwo bizamuye ku buryo cyanaguhirimaho, ikindi urabona ko badushyiriyemo n’inzugi zo mu bwiherero imbeho irarara itwica.”
Nyirarukundo Domithila ati”Murabona ko badutuje mu nzu zituzuye kandi mu by’ukuri nta bushobozi dufite kuko twakabaye twarabyikoreye, turasaba ko badukorera inzu bakazirangiza nkuko biyemeje kudufasha.”
Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Simpenzwe Pascal,avuga ko hari igihe akarere kagiye kubakira abaturage kadafite ubushobozi buhagije, ngo bazasesengura barebe niba ntabushobozi bwo kuba bakikorera ibyasigaye kuri izi nzu.
Atı”akarere kagiye kubakira abaturage kadafite ubushobozi buhagije, ariko n’umuturage aba agomba kugira uruhare mu kwikorera ibikorwa, ubwo tuzasesengura turebe niba ntabushobozi koko bwo kwisanira bafite.”
Iyo ugeze kuri izi nzu ubona ko zagiye zubakwa mu buryo butameze neza cyane ko mu nzu imbere ubona nta nzugi zirimo ndetse na Sima iri mu gihande kimwe.





















