Ababyeyi bakora mu irerero riherereye mu kagari ka Barija, umurenge wa Nyagatare, Akarere ka Nyagatare barataka kudahabwa agahimbazamusyi kandi barakemerewe ubu amezi akaba abaye ane ntacyo ubuyobozi bubafasha ndetse n’ibiribwa bahabwaga byo gufasha abana bikaba byarahagaze.
Ababyeyi twaganiriye ni abatuye mu mudugudu wa Burumba akagari ka Barija umurenge wa Nyagatare akarere ka Nyagatare bavuga ko bamaze amezi arenga ane ntagahimbazamusyi bahabwa Kandi batangira barabyijejwe ubu bikaba biri kubagora gufasha abana ntakintu bafite.
Uwitwa Akimana akaba ari umurezi w’abana yagize ati’’rwose bari baratwemereye ko bazajya baduha agahimbaza musyi ka cumi na bitanu buri kwezi ariko ubu amezi ararenga ane ntako duheruka mbese ubu ni ukwishakamo ubushobozi naho biragoye bamwe batangiye kubihagarika".
Aba babyeyi bifuzako bafashwa bakabona nibura ibitunga abana kuko ubu ntaburyo buhari. Amina Mukasekuru agira ati "nubwo badufasha bakaduha amafu wenda abana bakarya bakananywa agakoma kuko barasonza kubera ababyeyi bacitse intege bakimara kubona Leta ihagaritse nabo ntibagitanga ibiribwa by’abana tubonye rero ibyo byibanze urumva ko byadufasha".
Ubuyobozi bw’akarere ntacyo bwadutangarije kuri ibi bivugwa n’abaturage.
Mu karere ka Nyagatare amarerero menshi asa naho yahagaze bitewe nuko abayakoragamo babuze agahimbazamusyi ndetse bikaba bigira inkurikizi nyinshi zirimo kubona abana bandagaye mu muhanda ari benshi.





















