Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gicurasi 2018, abayobozi, abakozi n’inshuti za Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, MINAGRI, n’ikigo gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga kiyishamikiyeho, NAEB, bibutse ku nshuro ya 24 abari abakozi b’iyi Minisiteri n’ibigo byose byari biyishamikiyeho basaga 700 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Mbere yo gutangira igikorwa nyiri izina, abakitabiriye babanje gusura ingoro y’amatega y’urugamba rwo kubohora igihugu iri mu nteko ishingamategeko, berekwa ndetse banasobanurirwa urugendo rutoroshye rw’inkotanyi kugeza zihagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi.
Mu kiganiro cyatanzwe na Senateri Tito Rutaremara, yagarutse ahanini ku bugome ndengakamere iyi Jenoside yakoranywe ndetse n’umwihariko wayo.
Senateri Tito Rutaremara atanga ikiganiro
Senateri Rutaremara ati "Urugamba rwo guhagarika Jenoside rwaranzwe n’Ubwitange, kumvira no kugira icyerekezo cyimwe cyo kurokora Abatutsi bahigwaga na Leta mbi yaririho icyo gihe."
Nk’uko insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti "Kwibuka twiyubaka", Minisitiri w’Ubuhinzi n’ubworozi Mukeshimana Geraldine yavuze ko abanyarwanda badakwiye guheranwa n’agahinda, ati "Nyuma y’uko tuburiye amaboko muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ntidukwiye guheranwa n’agahinda. Tugomba gukora cyane tukiteza imbere".























