Perezida wa Leta zunze ubumwe z’Amerika Donald Trump yamaze kugera mu gihugu cya Arabia Saoudite mu ruzinduko rwe rwa mbere agiriye hanze y’igihugu kuva yagaruka ku butegetsi muri Mutarama uyu mwaka.
Donald Trump yizeye ko muri uru ruzinduko azabasha kugera ku masezerano ahambaye mu bucuruzi. n’ibihugu birimo Arabie Saoudite, Qatar ndetse na Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), muri uru ruzinduko ruzamara iminsi ine.
Biteganyijwe ko kuri uyu mugoroba aza guhura n’umuragwa w’ubwami bwa Arabie Saoudite, Igikomangoma Muhammad Bin Salman i Riyadh.
Mu bisanzwe perezida w’Amerika asanzwe abanza gusura ibihugu birimo Ubwongereza, Mexique na Canada; ariko perezida Trump we ntabanye neza na Canada ndetse hari ukutumvikana hagati y’Ubwongereza n’ibindi bihugu by’i Bulayi ku bigendanye n’intambara ya Ukraine.
Uru ruzinduko rwa Trump i Riyadh rubaye mu gihe hari icyuka cy’intambara mu burasirazuba bwo hagati kuko, inyeshyamba z’aba Houthis muri Yemen zimaze iminsi zigaba ibitero ku mato y’abanyamerika ndetse zikaba ziherutse kurasa ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Tel-Aviv (Ben Gurion International Airport).
Hari ubwoba kandi ko umwuka ushobora kutaba mwiza hagati ya Iran na Israel mu gihe buri ruhande rwashotora urundi, utibagiwe n’intambara yo muri Gaza imaze imyaka yenda kuba ibiri.



















