Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye yatangaje ko yasheshe Inteko Inshinga Amategeko kubera ko abari bayigize batavugaga rumwe n’ubutegetsi.
Ni icyemezo yatangarije kuri television y’igihugu ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, tariki ya 12 Nzeri 2024.
Perezida Faye yahise atangaza ko amatora yo gusimbuza abagize inteko ivuyeho azaba ku wa 17 Ugushyingo uyu mwaka.
Mu ijambo rye yavugiye kuri Televiziyo y’Igihugu, Perezida wa Sénégal yavuze ko yifuza kugira inteko imufasha gusohoza imigambi yasezeranije abaturage b’igihugu.
Yagize ati: “Nsheshe inteko ishinga amategeko kugira ngo nzageze ku baturage impinduka zifatika natanze isezerano ryo gutanga”.
Izo mpinduka Perezida Faye yifuza zirimo guhashya ruswa, gusa mu mezi atandatu ashize zagiye zihura n’imbogamizi zitandukanye zirimo kutagira ubwiganze mu nteko ishinga amategeko none akaba asa n’ugiye kubivugutira umuti.
Faye w’imyaka 44 yagiye ku butegetsi mu kwezi kwa Gatatu (3) 2024, akubutse muri Gereza, asezeranya abaturage kuzana impinduka zidasanzwe mu buzima bwabo bwa buri munsi.




















