Mu itangazo ryashyinzwe ahagaragara n’ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro, kuri uyu wa Gatanu, rivuga ko umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yagiye I Doha muri Quatar, aho yitabiriye inama imuhuza na Amiri wa Qatar, Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani.
U Rwanda na Qatar bisanzwe bikorana, haba mu bukungu, umutekano, ubusabe bwa visa ndetse n’ibindi.
Mu bijyanye n’ubukungu Qatar itanga inkunga mu kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera, kimwe mu bibuga by’indege bikomeye biri kubakwa mu Rwanda.
Mu bijyanye n’umutekano U Rwanda na Qatar byiyemeje kongera ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano mu gihugu.
Kuwa Kane tariki ya 11 Nzeri, Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibitero Israel yagabye kuri Qatar ndetse yihanganisha Leta ya Qatar n’imiryango yabuze abayo.
Ibi bitero Israel yayibigabyeho tariki 9 Nzeri 2025, igambiriye kwivugana abayobozi b’Umutwe wa Hamas bari i Doha.
Valens Nzabonimana



















