Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Perezida Kagame ari i Doha muri Qatar

Friday 12 September 2025
    Yasomwe na

Mu itangazo ryashyinzwe ahagaragara n’ibiro by’umukuru w’igihugu Village Urugwiro, kuri uyu wa Gatanu, rivuga ko umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yagiye I Doha muri Quatar, aho yitabiriye inama imuhuza na Amiri wa Qatar, Tamim bin Hamad bin Khalifa Al Thani.

U Rwanda na Qatar bisanzwe bikorana, haba mu bukungu, umutekano, ubusabe bwa visa ndetse n’ibindi.


Ubwo Perezida Kagame yageraga i Doha.

Mu bijyanye n’ubukungu Qatar itanga inkunga mu kubaka ikibuga cy’indege cya Bugesera, kimwe mu bibuga by’indege bikomeye biri kubakwa mu Rwanda.

Mu bijyanye n’umutekano U Rwanda na Qatar byiyemeje kongera ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano mu gihugu.

Kuwa Kane tariki ya 11 Nzeri, Guverinoma y’u Rwanda yamaganye ibitero Israel yagabye kuri Qatar ndetse yihanganisha Leta ya Qatar n’imiryango yabuze abayo.

Ibi bitero Israel yayibigabyeho tariki 9 Nzeri 2025, igambiriye kwivugana abayobozi b’Umutwe wa Hamas bari i Doha.

Valens Nzabonimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru