Mutungirehe Samuel
Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi Mukuru wa AUDA-NEDAP, Ibrahim Hassane Mayaki, muri Village Urugwiro kuri uyu wa Gatandatu.
Kuva mu 2020, Perezida Kagame yatorewe kuba Umuyobozi w’Akanama k’abakuru b’ibihugu kiga ku cyerekezo cy’urwego rw’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe rushinzwe iterambere (AUDA-NEPAD).
Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Kagame yavuze ko yishimiye kwakira Mayaki mu Biro bye.
Yagize ati “Inama y’ingirakamaro uyu munsi na @NEPAD-Mayaki. Afite ubunararibonye uburambe n’ibitekerezo bishya”.
AUDA-NEPAD ni umuryango w’iterambere washinzwe mu 2001, ugamije iterambere rya Afurika binyuze mu guhuza ibikorwa by’imiryango ya Afurika Yunze Ubumwe, ndetse no guteza imbere ingamba z’iterambere zizageza Afurika ku ntego z’iterambere zizwi nka Agenda 2063.
Uyu muryango ufite inshingano zo guteza imbere imishinga y’ingenzi ihuriweho n’ibihugu bya Afurika, gusaranganya ubumenyi n’ubunararibonye hagati y’ibihugu bya Afurika, ndetse no kongera ubufatanye bw’ibihugu bya Afurika no gushaka ubushobozi buzatuma intego zikubiye muri Agenda 2063 zigerwaho.
Uyu muryango UAD-NEPAD ufite icyicaro muri Afurika y’Epfo.

















