Perezida Kagame Paul yahagaritse ku mirimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco, Bamporiki Edouard, kubera ibyo agomba kubazwa akurikiranyweho.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter hiriwe hacicikana imvugo z’abantu biganjemo abakora itangazamakuru bavuga mu buryo buteruye kuri uyu muyobozi hamwe n’undi ko bashobora kuba hari ibyo bari gukurikiranwaho ariko bitarabonerwa amakuru y’urwego na rumwe cyangwa itangazo runaka.
















