Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude
Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya baherutse guhabwa inshingano muri Guverinoma y’u Rwanda, Perezida wa Repulika Paul Kagame yavuze ko ibigo bimwe bya Leta bigiye kwegurirwa abikorera.
Ku gicamusi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Kanama 2022 , Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yongeye gushimangira ko igihe kigeze kugira ngo ibigo bimwe bya Leta byegurirwe abikorera.
Yagize ati"Hari ibigo bigomba kwegurirwa abikorera vuba na bwangu, Leta, guverinoma cyangwa inzego za leta. Ubundi ntabwo akazi kacu ari ukujya mu bucuruzi n’ibintu bisa nk’ibyo, ahubwo dufasha abikorera gucuruza kugira ngo bagere kuri byinshi. Ibyo ndibwira ko byumvika."
Abarahiye ni Minisitiri ushinzwe Ishoramari rya Leta, Eric Rwigamba n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ildephone Musafiri.
Minisitiri w’ishoramari rya Leta
Mu bindi Umukuru w’Igihugu yavuze ni icyifuzo cyuko hakoreshwa neza amahirwe aboneka mu buhahirane n’ibindi bihugu bya Afurika binyuze mu isoko rusange rya Afurika, hibandwa gutezimbere ishoramari.















