Wednesday . 4 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 4 March » Santa Kinyera wari wungirije muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda yapfuye – read more
  • 4 March » Nyagatare: Barasaba ko igishanga cy’umuceri gitunganywa – read more
  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more

Perezida Kagame yavuze ko Ibigo bimwe bya Leta bigiye kwegurirwa abikorera

Tuesday 2 August 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Ubwo yakiraga indahiro z’abayobozi bashya baherutse guhabwa inshingano muri Guverinoma y’u Rwanda, Perezida wa Repulika Paul Kagame yavuze ko ibigo bimwe bya Leta bigiye kwegurirwa abikorera.

Ku gicamusi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 2 Kanama 2022 , Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yongeye gushimangira ko igihe kigeze kugira ngo ibigo bimwe bya Leta byegurirwe abikorera.

Yagize ati"Hari ibigo bigomba kwegurirwa abikorera vuba na bwangu, Leta, guverinoma cyangwa inzego za leta. Ubundi ntabwo akazi kacu ari ukujya mu bucuruzi n’ibintu bisa nk’ibyo, ahubwo dufasha abikorera gucuruza kugira ngo bagere kuri byinshi. Ibyo ndibwira ko byumvika."

Abarahiye ni Minisitiri ushinzwe Ishoramari rya Leta, Eric Rwigamba n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ildephone Musafiri.

Minisitiri w’ishoramari rya Leta

Mu bindi Umukuru w’Igihugu yavuze ni icyifuzo cyuko hakoreshwa neza amahirwe aboneka mu buhahirane n’ibindi bihugu bya Afurika binyuze mu isoko rusange rya Afurika, hibandwa gutezimbere ishoramari.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru